Kenya: Abantu 4 baguye mu myigaragambyo yo kwamagana icyemezo cy’urukiko

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’uko urukiko rwanzuye ko Kenyatta yatsinze amatora, abantu bagera kuri 4 bamaze kugwa mu myigaragambyo na ho abasaga 8 bamaze gukomereka.
Polisi ya Kenya yatangaje ibi kuri uyu wa Gatanu tariki ya 24 Ugushyingo 2017, nyuma y’uko kuwa mbere ari bwo urukiko rukuru rwa Kenya rwatangaje ko Perezida Kwnyatta ari we watsinze amatora bidasubirwaho.
Abatavuga rumwe na leta ya Kenya ndetse batanemeranya n’ibyatangajwe n’urukiko bahise birara mu mijyi itandukanye bakangiza byinshi byanaviriyemo urupfu abagera kuri 4 kugeza ubu, mu gihe abandi 8 bakomerekeyemo barimo n’abapolisi.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Muri raporo yatanzwe n’umuvugizi wa polisi, George Kinoti bavuga ko abapolisi 3 ari bamwe mu bakomerekeye mu myivumbagatanyo yakurikiye itangazo ryasohowe n’urukiko rivuga ko Perezida Kenyatta ari we mukandida wabashije gutsindira kuyobora Kenya mu bikorwa by’amatora biheruka, polisi ikaba yarakomeretse ubwo yajyaga guhosha ibyo bikorwa by’imyigaragambyo.
Aba bantu baciwe banakomerekera mu duce dutandukanye tw’umujyi wa Nairobi turimo Kibera ndetse na Kariobangi.
Abenshi mu bapfuye bishwe n’amasasu na ho abakomeretse nab o bakomeretswa nayo, polisi ikaba ivuga ko urubyiruko ari rwo rwari rwitwaje intwaro zirimo imbunda n’imihoro guhangana na polisi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *