Kenya: Abapilote ba Kenya Airways barazindukira mu myigaragambyo ikomeye

Sangiza iyi nkuru

Ishyirahamwe ry’abapilote ba Kenya Airways (KALPA) kuri uyu wa Kabiri ryatangaje ko rigiye gukora imyigaragambyo y’iminsi ibiri, risaba ko umuyobozi nshingwabikorwa, Mbuvi Ngunze ahita yegura ndetse banenga n’uburyo akoresha mu gusubiza ku murongo iyi kompanyi yo gutwara abantu.

Ubusanzwe imigabane 26.7% ya Kenya Airline ifitwe na Air France KLM, ikaba imaze iminsi igurisha ibyayo birimo n’indege zayo, ndetse ikaba inateganya kwereka umuryango abakozi bagera kuri 600 kubera ibibazo by’ubukungu biyugarije. Ibi rero KALPA ikaba itabikozwa ikavuga ko Ngunze agomba kugenda.

Iyi izaba intambwe ya mbere itewe mu kubyutsa Kenya Airways nk’uko iri shyirahamwe ry’abapilote rivuga mu itangazo ryashyize ahagaragara kuri uyu wa Kabiri nk’uko tubikesha Reuters.

biz+update+3+pix
Zimwe mu ndege za Kenya Airways zatangiye kugurishwa

Hagati aho, Kenya Airways iravuga ko itarabona iryo tangazo ry’uko hagiye gukorwa imyigaragambyo, kandi ngo amategeko ateganya ko bimenyeshwa mbere y’iminsi 7.

Kubw’ibyo, Kenya Airways ikaba yijeje abakiriya bayo ko ikomeza gukora uko bisanzwe mu gihe iri shyirahamwe ry’abapilote riteganya gutangira iyi myigaragambyo kuri uyu wa Kane.

Kenya Airways ubusanzwe yari mu bigo by’indege bikomeye muri Afurika, aho cyatwaraga abagenzi 10,000 ku munsi mu ndege zayo za Boeing na Embraer.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *