Kenya: Abarimo Umukuru w’Igihugu batangiye gushaka icyakuraho umwiryane muri politiki

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, Visi-Perezida we, William Ruto hamwe na Raila Odinga utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu, batangije umugambi wa Leta wo gushaka icyahuza abanya-Kenya.

Ku wa Gatatu tariki ya 21 Ukwakira ni bwo itsinda ryashyizweho muri Kenya ngo rihuze abanya-Politiki ba kiriya gihugu, ryamuritse Raporo yiswe BBI (The Building Bridges Initiative) yerekana ibikwiye guhinduka mu Itegekonshinga, harimo gushyiraho umwanya wa Minisitiri w’Intebe.

Biri mu rwego rwo kugira ngo umwiryane ushingiye kuri Politiki ukomeje kuvugwa muri Kenya ushakirwe umuti mbere y’amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri 2022.

Raporo ya BBI yashyikirijwe Perezida Kenyatta na Raila Odinga bahoze badacana uwaka, ubwo bari ahitwa Kisii State Lodge, gusa William Ruto we ntiyitabiriye umuhango wo kuyimurika.

Capital FM dukesha iyi nkuru ivuga ko iriya Raporo icyafasha abaturage ba Kenya gukomeza kubaka ubumwe, mu rwego rwo kwirinda ko muri Kenya hakwaduka imvururu n’amacakubiri bikunze gukurikira amatora.

Raporo ya BBI ivuga ko Minisitiri w’Intebe wa Kenya ashobora kuzatorwa mu ishyaka rifite abadepite benshi mu nteko ishinga amategeko, akazaba afite inshingano zo kuba umukuru wa Guverinoma.

Perezida Uhuru Kenyatta ntabwo yemerewe kwiyamamaza muri Manda ya gatatu mu myaka ibiri iri imbere, gusa kuba ari kwihutisha ziriya mpinduka byateje amakenga yo kuba ari gushaka uko yagabana ubutegetsi na Raila Odinga bafatanyije, gusa we akavuga ko ari poropagande.

Yavuze ko icyahinyurwa cyose mu Itegeko Nshinga kigomba kwemezwa n’amatora ya kamarampaka.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *