Kenya: Abasaga 10 baguye mu mirwano hagati y'abashumba n’abantu bitwaje intwaro

Sangiza iyi nkuru

Imirwano ikaze hagati y’abashumba bashakisha aho kuragira amatungo yabo n’agatsiko k’abitwaje intwaro mu gihugu cya Kenya yahitanye abasaga 10 mu gihe abandi benshi bakomerekeye mu mirwano.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Charles Ontita, ushinzwe umutekano muri kariya gace ka Isiolo yemeje uru rupfu rw’aba bantu avuga ko agatsiko k’abitwaje intwaro bo muri aka gace ka Isiolo ndetse n’abashumba bashakaga ubwatsi bw’amatungo ya bo baturutse mu gace ka Samburu.
Iyi mirwano yabaye guhera mu masaha ya mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki ya 19 Werurwe 2017, yahoshejwe n’inzego z’umutekano kugeza ubu abandi batatangajwe umubare bakaba bari kwa muganga.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Daily nation dukesha iyi nkuru ivuga ko iyi mirwano yatewe no kuba bamwe bagiye kuragira mu bwatsi bw’abandi nta ruhushya.
Kugeza ubu, muri kariya gace habarurwamo inka zisaga ibihumbi 50 n’abashumba bazo bashakisha icyazitunga.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *