Abatavuga rumwe ya leta ya Kenya bashyizeho ihuriro ry’abayobozi batandukanye b’amashyaka, iri huriro rikaba rigamije gukorera hamwe hagamijwe guhirika Perezida Kenyatta ndetse n’umwungirije William Rutto .
Iri huriro ryakozwe kuri uyu wa 11 Mutarama 2017 I Nairobi, rikaba rigizwe na Musalia Mudavadi, umuvugizi wa Amani National Congress; Kalonzo Musyoka, umuvugizi wa Wiper movement; Raila Odinga, umuvugizi wa Orange Democratic Party (ODM); Moses Wetangula, umuvugizi wa FORD-Kenya ndetse na Nick Salatuhagarariye Kenya African National Union (KANU).
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Aba bayobozi biyegeranyije mu gihe muri iki gihugu hateganyijwe amatora y’umukuru w’igihugu ataravuzweho rumwe guhera mu mezi yashize, aho na bamwe mu bagize Inteko ishinga amategeko barwanye bazira kutavuga rumwe ku ngingo ijyanye no gukoresha ikoranabuhanga mu matora ataha.
Aba bayobozi b’amashyaka atavuga rumwe na leta bavuga ko guhindura uburyo bwakoreshwaga mu matora y’umukuru w’igihugu hagamijwe gukoresha ikoranabuhanga ari bumwe mu buryo bwo kwiba amajwi kugirango Perezida Kenyatta azakomeze ayobore igihugu.
Aba bayobozi b’amashyaka atandukanye bavuga ko bazatanga umukandida umwe gusa bitoyemo ku bwumvikane akajya kuba ariwe uhangana na Perezida Kenyatta mu matora ateganyijwe mu kwezi kwa 8 uyu mwaka wa 2017.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Iri huriro rirangajwe imbere na Raila Odinga w’imyaka 72 y’amavuko akaba yaranigeze kuba Minisitiri w’intebe wa Perezida Kenyatta guhera mu mwaka wa 2008-2013, akaba ari n’umwe mu bashinja Perezida Kenyatta kwiba amajwi kuko bamaze guhangana inshuro 2 zose atsindwa.Amatora yo mu gihugu cya Kenya avugwaho kuba arangwa kenshi n’imvururu ziterwa no kuba bamwe baba batishimira ibyayavuyemo, aho mu mwaka wa 2007 abasaga 1100 bahasize ubuzima.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com


