Kenya: Abigaragambya batewe ibyuka biryana mu maso barushaho guteza impagarara

Sangiza iyi nkuru

Amashyirahamwe aharanira uburenganzira bwa muntu muri Kenya, avuga ko kuva hadutse imyigaragambyo abantu 39 aribo bamaze kuyipfiramo.

Ni imyigaragambyo ikomeje gufata indi ntera mu kwamagana umushinga w’itegeko ryo kuzamura imisoro no kuzamura ingengo y’imari reta izakoresha, mu mwaka utaha.

Gusa perezida William Ruto mu kiganiro n’itangazamakuru , yavuze ko yamaze kwanzura ko uwo mushinga utagikomeje nyuma yo kwamaganwa n’abatari bacye by’umwihariko urubyiruko.

N’ubwo Ruto yahagaritse uwo mushinga ariko, abanya Kenya bo bakomeje imyigaragambyo bamwamagana basaba ko yakwegura hakajyaho undi muyobozi ushoboye Kandi wizewe.

Uko iminsi ishira ni nako imyigaragambyo ikomeza ariko ari nako polisi ikomeza kubitambika. Ku munsi w’ejo ku wa Kabiri ni bwo polisi yarashe ibyuka biryana mu maso ku bigaragambya kugirango babatatanye.

Abigaragambya bahise bakwira imishwaro, bamwe batangira kwigaba no mu yindi mijyi nka Mombasa Nakuru n’ahandi. Bavuga ko bazakomeza guteza akavuyo kugeza Ruto arekuye ubutegetsi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *