Kenya: Ihangana rya Ruto na Odinga rirakomeje mu gihe habura amezi mbarwa ngo amatora abe

Sangiza iyi nkuru

Impande zitegura guhatana mu matora y’umukuru w’igihugu muri Kenya, urwa Visi Perezida William Ruto n’urwa Raila Odinga wahoze ari Minisitiri w’Intebe bakajije umurego mu kugabanaho ibitero by’umuntu ku giti cye mu minsi yashize, bikomeje kuzamura umwuka mubi mu gihe habura amezi ane gusa kugirango amatora yo muri Kanama abe.

Abayoboke ba Ruto, bakomeje kurakara bivuye ku kuba Perezida Uhuru Kenyatta yariyemeje gushyigikira umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi Raila Odinga, ubu bari kwibasira ku mugaragaro umuryango wa perezida n’umutungo wawo utabarika, mu gikorwa cyo guteza inzika muri rubanda mu gihe imibereho irushaho guhenda ndetse n’ikibazo cya peteroli.

Aba ntabwo banarebeye izuba Mama Ngina Kenyatta, nyina wa Perezida Kenyatta w’imyaka 88 winjiye mu mboni z’abashyigikiye Ruto nyuma y’uko amashusho agaragaye ku mbuga nkoranyambaga arengera perezida ku mugaragaro, kubera icyemezo cyo kwirengagiza DP Ruto.

Raporo yo muri Mutarama yakozwe na Oxfam International yashyize ku mwanya wa kane Perezida Kenyatta nk’Umunyakenya wa kane ukize cyane n’umutungo wa miliyoni 530 z’amadolari, igice cyayo kikaba kijyanye n’umuryango mugari wa se washinze Kenya, Jomo Kenyatta.

Ubwami bw’ubucuruzi bw’umuryango wa Kenyatta bukubiyemo amabanki, amakaragiro, ibigo by’ubwikorezi, itangazamakuru ndetse n’ibijyanye n’amahoteli nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Monitor ikomeza ivuga.

Ibitero byibasiye umuryango wa Kenyatta byaje nyuma y’icyumweru cyose peteroli mu gihugu yarabuze, aho sitasiyo za lisansi zabuze lisansi, kandi abacuruzi ba peteroli bagashinjwa kuba barabitse ibyo bicuruzwa mu rwego rwo kwamagana kutishyurwa amamiliyari y’amashiringi mu birarane by’ingoboka.

Kuva icyo gihe guverinoma yakemuye igice cy’umwenda w’abacuruza peteroli kandi Perezida Kenyatta kuri uyu wa Mbere yashyize umukono ku ngengo y’imari nto, agena inkunga nyinshi y’ingoboka. Ku wa Kane, minisitiri w’ingufu yijeje Abanyakenya kubona ibikomoka kuri peteroli nk’uko bisanzwe nyuma yo kwakira litiro miliyoni 100 za peteroli ku cyambu cya Mombasa.

Ariko nubwo ikibazo cya lisansi cyakemuwe ibaruwa y’impimbano yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga ivuga ko umuryango wa Kenyatta ufite amasosiyete akomeye acuruza peteroli ndetse n’abadepite bashyigikiye Dr Ruto basaba ko perezida yakwegura.

DP Ruto yakomeje kotsa igitutu, ubwo mu kiganiro n’abanyamakuru, yashinjaga abayobozi ba leta batavuzwe amazina kurinda abanyenganda bahanika ibiciro no gufasha ibigo bike bicuruza peteroli kugirango bakomeze kugenzura ibiciro.

Politiki y’ihangana rikomeye

Visi Perezida Ruto ngo arimo gukora ubukangurambaga ku mbuga nkoranyambaga, yerekana ko ari umuhungu wigeje aho ageze, uhura n’ibibazo by’abaturage basanzwe bityo rero akaba ari ikizere cy’igihugu, ubutegetsi bw’imiryango ya Perezida Kenyatta na Odinga, ba se bari perezida wa mbere wa Kenya na visi-perezida.

Guhangana kwa Ruto na Perezida Kenyatta gufite inkomoko muri 2018, umwaka umwe gusa muri manda ya kabiri ya guverinoma yabo kandi kugeza ubu kurakomeje.

Ruto yari yaririnze ibitero byihariye kuri perezida, ahitamo kwibasira Raila. Mu gihe amatora yegereje, ngo kwiyamamaza biragenda bifata isura mbi, ndetse umuntu akabifata ku giti cye cyangwa agafata inzira iteje akaga. Ariko muri iki cyiciro giheruka cyo guhangana gukomeye muri politiki ya Kenya, Visi Perezida Ruto nawe abashyigikiye Odinga ntibamworoheye.

Odinga na bagenzi be nabo bibasiye Dr Ruto kubera gutera amabuye kajugujugu ya Raila mu Ntara ya Uasin Gishu ku ya 1 Mata. Ruto yasabye imbabazi ku mugaragaro kubera ibyabaye, ndetse abayobozi b’ishyaka rye, UDA (United Democratic Alliance) muri icyo gice bahaswe ibibazo n’abashinzwe umutekano.

Ariko amagambo yavuzwe nyuma yo kwiyamamaza kwa Odinga yashatse gukurura Dr Ruto mu guhangana, aho yakomoje ku mugambi mugari wo gutegura ubugizi bwa nabi mu karere gafite amateka y’ubugizi bwa nabi bushingiye kuri politiki.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *