Abatavuga rumwe na Leta ya Kenya baratangaza ko abantu basaga 100 bamaze kugwa mu bikorwa by’imyigaragambyo, ku ruhande rwa Leta bigatangazwa ko ari abantu 24 kandi nabo baguye mu bikorwa byo gushaka gusahura.
Byose byatangiye amajwi mu matora ya Perezida wa Repubulika muri icyo gihugu agaragaza ko Uhuru Kenyatta wari uhanganye na Raila Odinga n’abandi batandatu, yari imbere mu majwi yasize Raila Odinga uri gusaba Loni kwinjira mu byavuye muri aya matora akabarurwa bundi bushya.
Abashyigikiye Odinga biraye mu mihanda batangira kwamagana ibyavuye mu matora, kuko ngo hari abinjiye muri sisiteme y’amatora, bakibira amajwi Kenyatta, bagahera ku iyicwa ry’uwari ushinzwe ikoranabuhanga muri komisiyo y’amatora, mbere gato ko amatora atangira.
Uyu munsi ku wa Mbere tariki ya 14 Kanama 2017, Raila Odinga yasabye abamushyigikiye kutajya ku kazi kugeza ubwo azatangaza icyemezo yafashe nyuma y’ibyavuye mu matora azagishyira ahabona ku munsi w’ejo ku wa kabiri.
Nubwo opozisiyo igaragaza uwo mubare, abayobozi ba Leta baravuga ko ntacyo bazi kuri uwo mubare ndetse ko nta byacitse yabaye mu gihugu ahubwo gitekanye nkuko ikinyamakuru Bloomberg cyabitangaje.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
I Nairobi mu murwa mukuru w’iki gihugu,Senateri Johnstone Muthama wo mu batavuga rumwe na leta, ubarizwa mu ihuriro NASA yatangaje ko polisi iri gukoresha imbunda zisohora amasasu mu kurasa ku baturage.
Senateri James Orengo na we wo mu batavuga rumwe na Leta yavuze ko hari imitwe w’ingabo yashyizweho iri kwica abaturage mu mijyi itatu, uwa Siaya, Homa Bay na Kisumu mu Burengerazuba bwa Kenya.
Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu muri Kenya yatangaje ko hamaze gupfa abantu 24 nyuma y’aya matora.
Abo barimo 17 biciwe i Nairobi barashwe, n’abandi 7 biciwe mu yindi mijyi, abaganga batagira umupaka batangaje ku rubuga rwayo rwa Twitter ko rwavuye abantu 64 bakomerekeye n’abandi 11 bafite ibikomere by’amasasu
Kenya ni igihugu gikunze kurangwa n’imvururu nyuma y’amatora ya Perezida wa Repubulika, kuva hatangira kugaragara amashyaka menshi mu 1991. Byibura abantu 1100 baguye mu mvururu zakurikiye amatora ya 2007, ubwo Raila Odinga yatwindwaga na Mwai Kibaki, abasaga ibihumbi 350 bava mu byabo.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Aya matora aheruka muri Kenya, Kenyatta w’imyaka yagize amajwi asaga 54%, mu gihe Odinga w’imyaka 72 yagize asaga 45 %.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ntakirutimana Deus/Bwiza.com


