Ibihugu bya Kenya na Mozambique byiyemeje gushimangira ubufatanye mu by’umutekano n’iperereza mu kurwanya iterabwoba nyuma yo gushyira umukono ku masezerano y’ubwumvikane hagati y’ibihugu byombi.
Aya masezerano yashyizweho umukono ku wa Kane, itariki ya 26 Werurwe, ahagarikiwe na Perezida William Ruto na mugenzi we wa Mozambique, Daniel Chapo, agamije kandi gushimangira umubano w’ibihugu byombi hagati ya Kenya na Mozambique.
Aya masezerano akubiyemo gusangira amakuru y’ubutasi, ibikorwa byo kurwanya iterabwoba, serivisi zishinzwe kugorora, no guteza imbere urubyiruko.
Minisiteri y’umutekano y’igihugu cya Kenya ivuga ko aya masezerano agaragaza ubushake bwa Kenya mu guharanira umutekano mu karere, cyane cyane binyuze mu bikorwa bihuriweho byo kurwanya iterabwoba no kongera ubufatanye.

Minisiteri ibona ko ayo masezerano ari intambwe ifatika yo kubaka umubano ukomeye, wungukira ibihugu byombi ndetse n’akarere ka Afurika ishyira amajyepfo.
Agira icyo avuga kuri ayo masezerano, Perezida William Ruto yavuze ko ubwo bufatanye bujyanye na gahunda yagutse ya politiki y’ububanyi n’amahanga ya Kenya yo gushimangira ubufatanye mu bihugu bigize akarere ndetse no ku mugabane wa Afurika.

Ruto yavuze kandi ko Kenya izakomeza gushimangira ubufatanye atari muri Afurika y’Iburasirazuba gusa no mu Muryango w’Isoko Rusange rya Afurika y’Iburasirazuba n’Amajyepfo (COMESA).

Amasezerano y’umutekano n’ubutasi ntabwo ari yo masezerano yonyine yasinywe hagati ya Kenya na Mozambique. Ibihugu byombi kandi byashyize umukono ku masezerano mu nzego zitandukanye, zirimo amahugurwa mu bya dipolomasi, ubushakashatsi no kubaka ubushobozi, serivisi zishinzwe abagororwa, no guteza imbere urubyiruko n’ubufatanye muri siporo.


