Rigathi Gachagua watorewe kuba Visi Perezida wa Kenya, yagaragaje ko ababajwe n’uko Perezida Uhuru Kenyatta atakivugisha Dr William Ruto ugiye kumusimbura.
Gachagua wiyamamarije hamwe na Dr Ruto, kuri uyu wa 18 Kanama yatangaje ati: “Kugeza ubu, Perezida Kenyatta ntaravugana n’uwatsinze amatora ya Perezida, haba kuri telefone cyangwa mu bundi buryo.”
Uyu munyapolitiki yakomeje ati: “Ni uburenganzira bwe kuko ntitwamuhatiriza. Ntacyo bitwaye niba adashaka gushimira Perezida watowe ariko gahunda ya William Ruto yo kujya ku butegetsi iri kugenda neza kandi iri mu Itegekonshinga.”
Muri aya matora, Perezida Kenyatta yari ashyigikiye Raila Odinga wari uhagarariye ihuriro ry’imitwe ya politiki rya Azimio la Umoja. Uyu mukandida yanze ibyavuyemo, atangaza ko azitabaza urukiko kugira ngo rubiteshe agaciro.
Bishoboke ko Umukuru w’Igihugu utaragira icyo avuga ku byavuye mu matora na we yaba atemeranya na byo, nk’uwari ushyigikiye Odinga.


