APR FC kuri uyu wa Mbere yemeje umunya-Sudani Sharaf Eldin Shaiboub Ali Abdelrahman nk’umukinnyi wayo mushya.
Uyu mukinnyi w’imyaka 29 y’amavuko yari amaze igihe mu Rwanda ndetse anakora imyitozo muri APR FC, gusa iyi kipe ntiyari yakamutangaje nk’umukinnyi wayo mushya.
Amakuru avuga ko APR FC yari yarategereje ko abanza kurangiza amasezerano yari afitanye na Al-Talaba y’i Baghdad muri Iraq, mbere yo kumutangaza nk’umukinnyi wayo mushya.
Shaiboub w’imyaka 29 y’amavuko yasinye amasezerano y’imyaka ibiri yo gukinira APR FC.
Iyi kipe yamwemeje nk’umukinnyi wayo ibicishije ku rubuga rwayo rwa Twitter ikunze kunyuzaho amakuru ayerekeye.
Sharaf Eldin Shaiboub Ali Abdelrahman yabaye umukinnyi w’umunyamahanga wa karindwi APR FC iguze.
Ni nyuma y’Umurundi Nshimirimana Ismail ‘Pitchou’, Umugande Taddeo Lwanga, abanya-CamĂ©roun Apam Assongwe Bemol na Salomon Bindjeme, umunya-Nigeria Victor Mbaoma Chukuemeka cyo kimwe n’umunyeCongo-Brazza, Pahvel Ndzilha.
Aba bakinnyi bitezweho gufasha APR FC kugera mu matsinda ya CAF Champions league, intego iyi kipe yihaye.


