Kera kabaye, ikipe yo mu Bwongereza yamaze kumvikana na Erling Haaland

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Manchestrer City yo muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu gihugu cy’u Bwongereza yamaze kumvikana n’abahagarariye rutahizamu wa Borussia Dortmund n’ikipe y’igihugu ya Norway, Erling Haaland, kugira ngo ayikinire nyuma y’igihe kirekire imushaka.

Nkuko ikinyamakuru Sportmaill dukesha iyi nkuru cyabitangaje, ngo ikipe ya Manchester City itozwa n’umunya-Espagne Pep Guardiola yamaze kumvikana n’abahagarariye uyu rutahizamu kuba bamwegukana ndetse ikajya imuhemba umushahara ungana n’ibihumbi 500 by’amayero ku cyumweru.

Uyu mushahara watuma agahita aba umukinnyi uhembwa amafaranfga menshi muri shampiyona yo mu Bwongereza, Premier League.

Manchester City kandi ngo yiteguye kwishyura miliyoni 63 z’amayero nk’amafaranga akubiye mu masezerano Haaland asanzwe afitanye na Brussia Dortmund.

Biteganyijwe ko mu cyumweru gitaha impande zombi zizaba zamaze kumvikana ku gushyira umukono ku masezerano y’imyaka itanu.

Ikipe ya Manchester City ishaka gusinyisha Haaland nyuma yo kunanirwa kwegukana rutahizamu w’Umwongereza Harry Kane mu mpeshyi ishize

Erling Haaland wakiniye amakipe nka Red Bull Sazburg aheruka gutsinda ibitego bibiri kuri uyu wa Gatandatu ubwo Brussia Dortmund yanyagiraga Wolsburg 6-1, ndetse amaze gutsinda ibitego 33 mu mikino 31 amaze gukinira Dortumund.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *