Kera kabaye ukekwaho kwica Tupac Shakur yatawe muri yombi

Sangiza iyi nkuru

Polisi ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko yataye muri yombi Duane Davis wahoze ayoboye agatsiko k’amabandi ishinja kuba ari we wishe umuraperi Tupac Shakur mu myaka 27 ishize.

2Pac wari ufite imyaka 25 y’amavuko icyo gihe, yarasiwe mu modoka ubwo yari mu mujyi wa Las Vegas.

Ku wa Gatanu inama y’abacamanza bo muri Leta ya Nevada bashinje Duane “Keffe D” Davis w’imyaka 60 icyaha cy’ubwicanyi bukoresheje intwaro yica.

Polisi ya Amerika ivuga ko uyu mugabo yateguye ubu bwicanyi nyuma y’uko mwishywa we yaherukaga kurwanira na 2Pac muri Casino (inzu ikinirwamo urusimbi).

Davis yafatiwe hafi y’urugo rwe ruherereye i Las Vegas, bikaba byitezwe ko azagezwa imbere y’ubutabera mu minsi mike iri imbere.

Greg Kading wamaze imyaka myinshi akora iperereza ku rupfu rwa 2Pac, yabwiye Ibiro Ntaramakuru The Associated Press ko atatangajwe n’ifatwa rya Davis.

Ati: “Abandi bose babigizemo uruharr mu buryo bumwe cyangwa ubundi bose barapfuye, Davis ni we muntu wa nyuma [muri bo] ukiriho.”

Davis watawe muri yombi yahoze ayoboye agatsiko k’amabandi kitwa South Side Compton Crips, akaba ashinjwa kuba ari we wari uyoboye iyicwa rya Tupac Shakur.

Polisi ya Amerika ivuga ko ukudacika intege mu maperereza ari ko kwatanze “umusaruro mwiza”.

Ivuga ko nyakwigendera Orlando Anderson usanzwe ari mwishywa w’uwatawe muri yombi yarwaniye na 2Pac muri casino, mbere y’uko uyu muririmbyi araswa ku wa 07 Nzeri 1996.

Polisi ya Amerika mu ijoro ryakeye yeretse itangazamakuru amashusho yafashwe na Camera z’umutekano yerekana Anderson akubitwa.

Ivuga ko ibi byatumye habaho ukwihorera mu kurasa Shakur, ubwo yari mu modoka ye ahagaze ku matara yo ku muhanda ya feu rouge.

Polisi y’i Las Vegas ivuga ko Davis watawe muri yombi ubwe “yiyemereye” imbere y’itangazamakuru ko yari mu modoka yarasiwemwo amasasu yarashwe 2Pac.

Umuyobozi wa Polisi muri Las Vegas Sheriff Kevin McMahill yavuze ko “umuryango wa Tupac Shakur umaze imyaka 27 yose utegereje ubutabera.”

Yunzemo ati: “Hari abantu benshi batigeze bemera ko iyicwa rya Tupac Shakur cyari ikintu kituraje ishinga muri kino gipolisi. Ndi ngo mbabwire ko atari ko biri. Intego yacu nka Polisi ya Las Vegas yamye ari ugushakisha abo bose bagize uruhare mu kwica kinyamaswa Tupac.”

2Pac ufatwa nk’umwe mu baraperi b’ibihe byose Isi yagize, yatangiye umuziki mu 1991.

Yagurishije ama-disque arenga miliyoni 75 ku isi yose. Mu ndirimbo ze zabiciye bigacika harimo nka California Love, All Eyez On Me na Changes.

Uretse umuziki yanamenyekanye muri sinema aho yagaragaye mu mafilime nka Juice, Poetic Justice, Above The Rim, Gridlock’d na Gang Related.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *