Kevin Muhire wahoze ari Kapiteni wa Rayon Sports, biravugwa ko yamaze kuyigarukamo nyuma yo gutera umugongo Al Yarmouk yo mu cyiciro cya kabiri muri Kuwait baherukaga kumvikana.
Amakuru avuga ko uyu musore w’i Gikondo yamaze kongera amasezerano y’umwaka umwe muri Rayon Sports.
Mu minsi ishize ni bwo Kevin Muhire usanzwe anakinira ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ yahagurutse i Kigali yerekeza i Cairo mu Misiri, aho yari asanze Al Yarmouk FC isanzwe itozwa na PaixĂŁo wahoze ari umutoza we muri Rayon Sports.
Iyi kipe mu Misiri yahakoreraga imyitozo.
Bivugwa ko Al Yarmourk yari yemeye guha Kevin Muhire wari warasoje amasezerano ye muri Rayon Sports Frw miliyoni 60 ya recruitment, ndetse n’umushahara ngarukakwezi wa Frw miliyoni 5.
Uyu musore wari gusinya amasezerano y’imyaka ibiri cyakora cyo agihura n’abayobozi b’iriya kipe ngo bananiwe kumvikana, impamvu yahisemo kugaruka imuhira.
RWANDAMAG.COM yatangaje ko Kevin yemeye gusinyira Rayon Sports amasezerano y’umwaka umwe, nyuma yo kumuha Frw miliyoni 12 ya recruitment.
Ni amakuru bivugwa ko yahawe na Prosper Muhirwa usanzwe amumenyera buri kimwe.


