Umugore waciraga inyuma umugabo we muri icumbi (lodge) ahitwa Sodoma mu Murenge wa Gikondo, Akarere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, kuri uyu wa 29 Nzeri 2021 yafashwe yamataniye n’umusore ku gitanda basambaniragaho.
Umugabo w’uyu mugore witwa Bagabobarabona yatangarije BTN TV dukesha iyi nkuru ko kumatana k’umugore we n’uyu musore ari we wabigizemo uruhare yifashishije umuvuzi gakondo witwa Twizeyimana Vincent wamamaye ku izina rya Mustapha.
Bagabobarabona usanzwe atuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo ngo yitabaje uyu muvuzi ubwo yumvaga abaturanyi bavuga ko umugore we amuca inyuma, we yabibwira kwa sebukwe bakamubwira ko ari ibinyoma, atabikora kuko avuka mu muryango w’abakirisitu. We yabikoze kugira ngo “abone ikimenyetso” gifatika cyo kwereka iwabo w’umugore, nk’uko yakomeje abisobanura.
Yavuze ko yagiye kwa Mustafa, amuha imiti irimo uwo kwisiga n’undi yagize ibanga bitewe no gutinya ingaruka byamugiraho, umuvuzi amuha amabwiriza y’uko agomba kuyikoresha, na we ayakurikiza yose; uyu munsi umugore yongeye kumuca inyuma birangira amatanye n’uyu musore.
Ubwo bamatanaga, abaturage b’i Gikondo bahuruye, babavugiriza induru. Umugore na we ngo yahamagaye nyirasenge amubwira ibyamubayeho, nyirasenge na we ahamagara umugabo wari mu kazi, atega moto byihuse, ajya kureba uko byagenze, ahageze ahamagara umuvuzi Mustapha, aza kubamatanura birakunda.
Amashusho yatangajwe n’iyi televiziyo agaragaza ku muhanda w’i Gikondo uyu mugore n’umusore bahururiwe n’abaturage benshi, mu rusaku rwinshi bababwira bati: “Murasebye, murasebye!”, bagerageza no kubakura kuri moto buriye, bashaka gutoroka.
Bagabobarabona nyuma yo gufatira umugore mu cyuho, yatangaje ati: “Mu busanzwe umugore wanjye yari asanzwe anca inyuma, akajya mu bandi bagabo kandi nzi neza ko ntajya mupfubya. Uyu munsi ni bwo Shangazi w’iwe yampamagaye, arambwira ati ‘wa mugore wawe yamatanye, ari muri lodge ahantu bita Sodoma.”
Ngo yahise yumva ko umuti yahawe wakoze. Ati: “Mukumva yamatanye, nahise ntekereza nyine umuvuzi wanjye gakondo nagannye kugira abashe kumfasha kuba yabamatanura. Gusa ikintu nagerageje kubaka ni ibijyanye n’amafaranga y’inkwano cyangwa se amafaranga maze kumushoraho kuko numvaga ko amafaranga maze gushora ari menshi cyane, mvuga nti uko byagenda kose nanjye ngomba kumugirayo, mushakire umuti kugira ngo ikimenyetso kizagaragare nkibone.”
Umuvuzi Mustapha w’imyaka 41 y’amavuko yemeza ko koko ari we watumye uyu mugore n’umusore bamatana. Ati: “Barampamagaye bati ibibazo birabaye, abantu barafatanye, bakimara kumpamagara mpita mfata umuti wo kubamatanura, mpita mfata moto, mpita nza nirukanka, mpita mbibakorera birakunda. N’iyo anabishaka na we ubwe nari kuwumuha akabyikorera. Nair kuwumuha akawubatera nk’uko yakoresheje uwa mbere. Ntabwo ari ibintu bikaze cyane, ni umuti ushyira mu gacupa k’amazi, ukabasomeshaho, bigahita bikunda.”
N’ubwo yamufatiye mu cyuho amuca inyuma akanamusaba inkwano n’aya mafaranga menshi avuga ko yamutakajeho, uyu mugabo yisubiyeho avuga ko yifuza ko uyu mugore yagaruka mu rugo, agakomeza kumurerera abana kuko ngo amukunda cyane. Gusa ngo hagomba kubanza kuba inama y’umuryango, ukamushyiriraho amabwiriza.




30 Responses
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
Mbegumuvuzi weeee nyabuneka aduhe number ye turamukeneye maze agabanye ubusambanyi
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
Mbegumuvuzi weeee nyabuneka aduhe number ye turamukeneye maze agabanye ubusambanyi
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
Uwo mupfumu arakaze kbsa! Number ye iracyenewe
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
Uwo mupfumu arakaze kbsa! Number ye iracyenewe
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
muturangire mustafa uyu address ye y=tumuhe akazi
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
muturangire mustafa uyu address ye y=tumuhe akazi
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
turashima inkuru mutugezaho
mwaduha adress yuyu mustafa
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
turashima inkuru mutugezaho
mwaduha adress yuyu mustafa
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
Murakoze kwamamaza umupfumu. Izi film ziba zigamije kwamamaza abapfumu turazimenyereye aho mugenda mukishura indaya ikaryamana n’umugabo batashakanye kugirango mushuke rubanda ngo n’imiti yahawe n’umupfumu ibikoze kugirango yibonere abakiriya. Uwo mugabo ngo ni Bagabobarabona mwigeze mubaza aho atuye n’uwo mugorewe bababwira ko bamuzi ko asnzwe afite umugore? Ubwo rero abapfu baraje bishore kuriuwo mupfumu ngo abahe imiti.
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
Murakoze kwamamaza umupfumu. Izi film ziba zigamije kwamamaza abapfumu turazimenyereye aho mugenda mukishura indaya ikaryamana n’umugabo batashakanye kugirango mushuke rubanda ngo n’imiti yahawe n’umupfumu ibikoze kugirango yibonere abakiriya. Uwo mugabo ngo ni Bagabobarabona mwigeze mubaza aho atuye n’uwo mugorewe bababwira ko bamuzi ko asnzwe afite umugore? Ubwo rero abapfu baraje bishore kuriuwo mupfumu ngo abahe imiti.
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
Ndashaka Number ya Mustafa ndamukeneye kabisa.
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
Ndashaka Number ya Mustafa ndamukeneye kabisa.
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
Muduhe numero zuyu muvuzi tujye tubafata
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
Muduhe numero zuyu muvuzi tujye tubafata
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
Umupfumu aduhe namber ye
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
Umupfumu aduhe namber ye
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
Umupfumu aduhe namber ye
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
Umupfumu aduhe namber ye
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
Uwo muvuzi yaduha nimero ko hari abagore cg abagabo baba barananiranye? Gusa dushimiye uwo mugabo ko yakomeje kwakira umugorewe akagaruka murugo akarera abana
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
Uwo muvuzi yaduha nimero ko hari abagore cg abagabo baba barananiranye? Gusa dushimiye uwo mugabo ko yakomeje kwakira umugorewe akagaruka murugo akarera abana
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
Uwomuvuzi azaze muhe undi muti
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
Mumpe number zuwo muvuzi
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
Mumpe number zuwo muvuzi
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
Uwomuvuzi azaze muhe undi muti
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
Ariko abasobanukiwe ibyamategeko mumfashe gusobanukirwa ubu aba uyu murozi yaroze akanabyiyemerera ntibamurega mumategeko agahanwa?
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
Ariko abasobanukiwe ibyamategeko mumfashe gusobanukirwa ubu aba uyu murozi yaroze akanabyiyemerera ntibamurega mumategeko agahanwa?
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
mbega gisebo we nahita cika kuburaya p enamwe mwigize nyagasozi mwumvireho indaya muragowe
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
mbega gisebo we nahita cika kuburaya p enamwe mwigize nyagasozi mwumvireho indaya muragowe
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
Uyu muvuzi niwahatari
Abadamu mukunda abapfubuzi akanyu karageze
Kicukiro: Umugore wacaga inyuma umugabo we yamataniye n’umusore ku gitanda
Uyu muvuzi niwahatari
Abadamu mukunda abapfubuzi akanyu karageze