Mu mukino wahinduwe uwa gicuti, Abarundikazi batsinze abo muri Tanzania

Kigali: Amakipe yose y’u Burundi na Tanzania yasezerewe azira uburiganya

Sangiza iyi nkuru

Amakipe abiri ahagarariye u Burundi na Tanzania mu irushanwa ry’akarere ka Zone muri Basketball ry’abatarengeje imyaka 16 riri kubera i Kigali, yasezerewe nyuma y’aho bigagaragaye ko afite abakinnyi barengeje uru rugero.

Muri iri rushanwa ryo gushaka itike y’igikombe nyafurika rizabera muri Tunisia muri Nyakanga 2023, byari byateganyijwe ko amakipe yombi (iy’abahungu n’iy’abakobwa) akina n’amakipe ahagararariye Tanzania kuri uyu wa 28 Kamena 2023, saa munani z’igicamunsi na saa moya z’umugoroba.

Gusa mbere y’uko irushanwa ritangira, nk’uko ikinyamakuru Jimbere cy’Abarundi kibivuga, abaganga b’ishyirahamwe rya Basetball muri Afurika basuzumye abakinnyi bose, basanga ab’u Burundi barengeje imyaka 16, keretse umwe wenyine. N’aba Tanzania basanze barengeje imyaka.

Hafashwe icyemezo cy’uko amakipe y’u Burundi na Tanzania asezererwa ariko mbere y’aho, abakobwa bemererwa gukina umukino wari wateguwe ariko witwa uwa gicuti. Abarundikazi batsinze Abatanzaniya amanita 62 kuri 52. Umukino w’abahungu bo ntabwo wabaye.

Andi makuru aravuga ko n’andi makipe yitabiriye iri rushanwa byagaragaye ko yari afite abakinnyi bakuze, ariko ko, kubera ko yo muri 12 bayahagarariye harimo 5 cyangwa barenga bafite imyaka yemewe, yo yemerewe gukomeza iri rushanwa.

Ibihugu bigize Zone V: ni u Rwanda, u Burundi, Tanzania na Uganda. Icyemezo cyafashwe kivuze ko aya makipe yasezerewe araterwa mpaga mu mikino yateganyijwe kuri uyu wa 29 Kamena.

Mu mukino wahinduwe uwa gicuti, Abarundikazi batsinze abo muri Tanzania
Mu mukino wahinduwe uwa gicuti, Abarundikazi batsinze abo muri Tanzania

Abarundi bari bahigiye kwegukana itike gusa byanze irushanwa ritaratangira
Abarundi bari bahigiye kwegukana itike gusa byanze irushanwa ritaratangira

Abo muri Tanzania na bo batashye bazira aya makosa
Abo muri Tanzania na bo batashye bazira aya makosa

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *