Kuri uyu wa Kabiri, itariki 16 Kamena 2026, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Usta Kaitesi, yafunguye ku mugaragaro ibiganiro nyunguranabitekerezo ku mushinga wo guhuza inzego za politiki z’Umuryango wa Afurika y’i Burasirazuba (EAC).

Muri ibi biganiro, impuguke ziturutse muri EAC zizakusanya ibitekerezo by’Abanyarwanda bo mu ngeri zitandukanye, ku ngingo z’ingenzi bifuza ko uyu mushinga wazibandaho mu gihe cyo gushyirwa mu bikorwa.

Ku ruhande rwe, Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Hon. Amb. Stephen P. Mbundi, yavuze ko ibi biganiro nyunguranabitekerezo bihuza abafatanyabikorwa benshi barimo inzego za Leta, Inteko Ishinga Amategeko, Ubucamanza, amashuri makuru, sosiyete sivile, abikorera, urubyiruko, abagore, ababana n’ubumuga, imiryango ishingiye ku myizerere, amashyaka ya politiki n’itangazamakuru.

Yavuze ko ibi bigamije kurushaho kunoza uruhare rw’abaturage mu gushyiraho inzego za politiki z’Umuryango no kumenya neza ko ibitekerezo by’u Rwanda bizagaragara muri uyu mushinga w’itegeko nshinga.




