Kihebe wakoranaga n’inyeshyamba z’i Burundi yishyikirije ingabo za Leta ya Congo

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Leta ya Congo (FARDC) cyatangaje ko ku wa 21 Gashyantare 2019, umuyobozi w’inyeshyamba za Maà¯-Ma௠Kihebe, uzwi ku izina rya Kihebe Ngabunga yashyize intwaro hasi kikaba kimufite.

Izi nyeshyamba za Maà¯-Ma௠Kihebe zirwanira mu gace ka Mulenge, mu misozi ya Ruzizi, Teritwari ya Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Zigatangaza ko zarambiwe ubuzima bwo mu ishyamba.

Kihebe yishyikirije Leta ari kumwe n’abo yayoboraga barindwi bafite imbunda ebyiri zo mu bwoko bwa AK47.Ikinyamakuru Actualitecd kikaba gitangaza ko izi nyeshyamba zikorana cyane bya hafi n’inyeshyamba zikomoka i Burudi za RED Tabara na FNL.

Nk’uko bitangazwa na Sosiyeti Sivile, ngo izi nyeshyamba za Kihebe zishinjwa kugaba ibitero bitandukanye ku baturage i Bafuliro, bigatuma abaturage bava mu byabo bagahunga, n’ibindi bikorwa bibangamira uburenganzira bw’abaturage.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, abandi barwanyi 25 ba Maà¯-Ma௠irwanira mu mashyamba ya Majaga ari mu Bilometero bike uvuye i Mboko muri Teritwari ya Fizi bishyize mu maboko ya FARDC.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *