Umunyapolitiki Seth Kikuni utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatawe muri yombi kuri uyu wa Gatandatu akigera ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Ndjili i Kinshasa.
Amakuru y’itabwa muri yombi rye yemejwe na mugenzi we Claude Lubaya, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X.
Lubaya yagize ati: “Akigera i Kinshasa kuri uyu wa Gatandatu avuye i Nairobi mu ndege isanzwe ya Kenya Airways, Seth Kikuni yafatiwe pasiporo n’abakozi ba DGM (ishami rishinzwe abinjira n’abasohoka), nyuma atabwa muri yombi n’abantu biyitiriye ANR (urwego rw’igihugu rushinzwe umutekano) na DEMIAP, bamujyana ahantu hataramenyekana.”
Kikuni yaherukaga gutangaza ko agiye kuva mu buhungiro akanyura “mu kibaya cy’urupfu yerekeza i Kinshasa”.
Seth Kikuni uri mu bakandida bahatanye na Tshisekedi mu matora y’Umukuru w’Igihugu yo muri 2023, yari amaze iminsi i Nairobi ndetse ari mu banyapolitiki bashinze ihuriro “Sauvons la RDC” riyobowe na Joseph Kabila.
Seth Kikuni yari amaze igihe gito afunguwe muri gereza ya Makala, aho yarekuwe ku ya 1 Werurwe 2025 nyuma yo kumara amezi atandatu afunzwe.
Mu kwezi kwa Nzeri 2024, yari yakatiwe igifungo cy’umwaka umwe azira « gushishikariza abantu kutumvira ubutegetsi » no « gukwirakwiza amakuru y’ibihuha ».
Kugeza ubu, nta rwego na rumwe rwa Leta ya Congo cyangwa inzego zishinzwe umutekano ziragira icyo zitangaza ku byamubayeho.


