got_1737293376

Kiliziya yahagaritse umupadiri wakoze ubukwe rwihishwa muri Amerika

Sangiza iyi nkuru

Kiliziya Gatolika muri Diyosezi ya Warri, muri Leta ya Delta mu gihugu cya Nigeria yahagaritse Rev. Fr. Daniel Okanatotor Oghenerukevwe ku mirimo y’ubusaserdoti nyuma y’uko bivuzwe ko yakoze ubukwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mu itangazo ryashyizweho umukono na Musenyeri wa Warri, Nyiricyubahiro Anthony Ovayero Ewherido hamwe n’Umunyamabanga wa Diyosezi, Padiri Clement Abobo, tariki ya 16 Mutarama 2025, Diyosezi yatangaje ko Padiri Oghenerukevwe yashyingiranywe na Dora Chichah ku wa 29 Ukuboza 2024, mu rusengero rwa Streams of Joy ruherereye i Dallas.

Amashusho y’ubu bukwe yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga n’umuvandimwe w’umugeni ni yo yatumye Diyosezi igira icyo ikora.

Iri tangazo rugira ati: “Itangazo rivuga ko, ku gikorwa yakoze, Padiri Daniel Okanatotor Oghenerukevwe ahanishijwe guhagarikwa ku mirimo y’ubusaserdoti nk’uko biteganywa na Kanoni ya 1394 §1. Njyewe, Musenyeri Anthony Ovayero Ewherido ndemeza ko ahagaritswe ku buryo bweruye mu bikorwa byose by’ubusaserdoti.”

Diyosezi yanavuze ko Padiri Oghenerukevwe yari yasabye ku wa 30 Ugushyingo 2024 kurekurwa ku nshingano zose zerekeranye n’ubusaseredoti ariko ntiyatanga inyandiko zikenewe ngo hatangizwe icyo gikorwa ahubwo yihutira gukora ubukwe.

Kubera iyo mpamvu “yaciwe ku murimo wose wo kwiyitirira kuba padiri wa Diyosezi ya Warri mu buryo ubwo ari bwo bwose. Ingaruka zose ziteganywa n’amategeko ziratangira gukurikizwa ako kanya” nk’uko itangazo ribivuga.

Diyosezi yasoje ivuga ko Padiri Oghenerukevwe afite uburenganzira bwo gusaba ko icyemezo cyahindurwa cyangwa giteshwa agaciro ariko abanje kugaragaza ubushake bwo kwisubiraho.

p1 1737292212 t1 1737292272 p2 1737292233 t3 1737292674 t2 1737292657

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *