Kim yavuze ko USA, Covid-19 n’ibiza bishobora gusubiza Koreya mu bihe bikomeye

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong-un yatangaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), icyorezo cya Covid-19 n’ibiza, bishobora gusubiza igihugu cye mu bihe by’inzara bikomeye cyahuye nabyo mu myaka irenga 20 ishize.

Uyu Mukuru w’Igihugu yabitangaje kuri uyu wa 8 Mata 2021 ubwo yagiranaga ikiganiro n’abakomeye mu ishyaka WPK (Worker’s Party of Korea) riri ku butegetsi, mu murwa mukuru, Pyongyang.

Perezida Kim yavuze ko Koreya ya Ruguru iri mu bihe by’inzara yatewe n’iki cyorezo cyibasiye Isi kuva mu mpera z’umwaka w’2019, ibihano USA yabafatiye bitewe n’uko bakomeje kugura no kugerageza intwaro kirimbuzi n’ibiza byiganjemo ibiterwa n’imvura n’imiyaga ifite imbaraga nyinshi.

Yavuze ko mu gihe hataba hafashwe ingamba zikaze, iki gihugu gishobora gusubira mu bihe bikomeye nk’iby’inzara yiswe ‘Arduous March’ yacyibasiye kuva mu mwaka w’1994 kugeza mu 1998, igahitana ubuzima bw’abaturage bikekwa ko babarirwaga hagati y’240,000 na miliyoni 3.5.

Kim nk’uko The Guardian ibivuga, yabwiye abayobozi muri iri shyaka ati: “Ndasaba inzego zose z’imiryango ya WPK n’ishyaka muri rusange, gufata izindi ngamba zikomeye za ‘Arduous March’ kugira ngo tuvane abaturage muri ibi bihe.”

Koreya ya Ruguru ntiyigeze igaragaza uguhungabana gukomeye nk’uko Perezida Kim yatangaje, muri ibi bihe bya vuba, n’ubwo USA yari imaze igihe kirekire iyifatiye ibihano birimo: ibirebana n’ubukungu, ubucuruzi, kugura intwaro, guhagarikirwa zimwe muri serivisi za banki ndetse n’ingendo kuri bamwe mu bayobozi.

Iki gihugu kandi ntabwo cyigeze gitangaza imibare y’ubwandu bw’icyorezo cya Covid-19, yagombaga gushingirwaho mu kumenya niba hari ingaruka zikomeye nk’izo Perezida Kim yavuze.

Ku kijyanye n’ibiza, bigaragara ko Koreya ya Ruguru ari cyo gihugu cyibasirwa cyane n’ibiza ku mugabane wa Aziya. Raporo y’umwaka w’2019 y’ikigo ADRC (Asian Disaster Reduction Center) gishinzwe kurwanya ibiza ku mugabane wa Aziya, yerekana ko abaturage 4 mu 10 bo muri iki gihugu bibasirwa n’ibiza, bose bakibasirwa n’inzara iterwa nabyo.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *