Kuva ku wa Kabiri tariki ya 29 Mata, Urukiko rwa Gisirikare rwa Kisangani ruri kuburanisha abasirikare 84 bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), bakaba bakurikiranweho guhunga inyeshyamba za AFC/M23 ubwo bari bahanganye na zo ku rugamba.
Aba basirikare baregwa ibyaha birimo guhunga umwanzi, kwica amabwiriza ya gisirikare, kwigumura no gupfusha ubusa amasasu.
Aba basirikare bari kuburanishwa, babarizwaga muri batayo ya 3,415 ya FARDC yakoreraga i Walikale mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Ubushinjacyaha bubarega ko basubiye inyuma ubwo bari bahanganiye na AFC/M23 mu gace ka Rutoboko. Buvuga kandi ko nyuma yo guhunga “batangiye kurasa mu kirere n’ubwo bari babibujijwe n’ubakuriye.”
Ubushinjacyaha kandi buvuga ko kwigumura kwa bariya basirikare kwatangiye ubwo bishyuzaga amafaranga y’umushahara batahembwe. Umuyobozi wa zone ya 3 ya gisirikare babarizwagamo ni we wiyambaje ubutabera mbere y’uko batangira gukurikiranwa.
Bijyanye no kuba ari benshi, umunsi wa mbere w’iburanisha rya bariya basirikare wibanze ku kugenzura imyirondoro yabo. Ku wa Mbere tariki ya 4 Gicurasi ni bwo iburanisha ryabo rizasubukurwa.


