Kisoro: Impunzi z’Abanyekongo zanze kwimukira mu nkambi zasenyewe

Sangiza iyi nkuru

Inzego z’umutekano za Uganda zikorera mu karere ka Kisoro, zasenyeye impunzi z’Abanyekongo zaturutse mu gace ka Bunagana, nyuma y’aho zanze kujya mu nkambi ya Nyakabande.

Nk’uko VOA yabitangaje, amahema izi mpunzi zari zarashinze hafi y’umupaka wa Uganda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yasenywe, abashinzwe umutekano basobanura ko zitemerewe kuba hanze y’inkambi.

Izi mpunzi zimaze iminsi zisabwa kujya mu nkambi ya Nyakabande, ariko zimwe muri zo zanze kubyubahiriza, zitinya imibereho yaho kuko ubusanzwe zijya gushaka ibiribwa mu masambu zasize i Bunagana, zigataha muri aya mahema.

Zari zamenyeshejwe ko mu gihe zakomeza kwanga kujya mu nkambi ya Nyakabande, zizategekwa gusubira muri RDC, n’ubwo zigaragaza ko zitizeye umutekano waho ku buryo zahaba.

Izi mpunzi zahunze imirwano y’ingabo za RDC n’umutwe witwaje intwaro wa M23 wafashe Bunagana tariki ya 13 Kamena 2022.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *