Kiyovu Sports yasinyishije rutahizamu w’Umurusiya

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Kiyovu Sports yamaze gushyira hanze urutonde rw’abakinnyi izifashisha mu mwaka utaha w’imikino, barimo rutahizamu Vladislav Kormishin ukomoka mu gihugu cy’u Burusiya.

Uyu rutahizamu w’imyaka 27 y’amavuko usanzwe akina nka numĂ©ro 9, yasinye amasezerano y’imyaka ibiri yo gukinira iyi kipe yo ku Mumena.

Kormishin yari asanzwe akinira FC Peresvet Podolsk yo mu cyiciro cya kabiri mu Burusiya, gusa byibura mu myaka umunani ishize yakiniye amakipe 15 yiganjemo ayo mu byiciro byo hasi iwabo.

Uretse uyu rutahizamu, mu bakinnyi Kiyovu Sports yemeje ko izanakoresha harimo na Erissa Sekisambu, rutahizamu w’imyaka 26 y’amavuko usanzwe akinira ikipe y’igihugu ya Uganda ‘The Cranes’.

Mu mwaka w’imikino ushize uyu rutahizamu usanzwe akina imbere ku ruhande rw’iburyo yakiniraga KCCA y’iwabo, barangiza shampiyona ku mwanya wa kabiri inyuma ya Vipers ya Robertinho.

Mu mwaka wari wabanje nta kipe yari afite nyuma yo gutandukana na Tarxien Rainbows FC yo muri Malta.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *