Kiyovu Sports yirukanye Ndanda imuziza guta akazi yari amaze igihe gito asinyiye

Sangiza iyi nkuru

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bumaze gutangaza ko bwatandukanye n’umutoza w’abazamu n’umuyobozi tekenike, Ndizeye Aime Desire uzwi ku izina rya Ndanda, nyuma yo guta akazi nta mpamvu atanze.

Byatangarijwe ku rubuga rwa Twitter rw’iyi kipe aho, yagize iti: “Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports buramenyesha abakunzi bayo n’abandi muri rusange ko iyi kipe yafashe umwanzuro wo gutandukana na Ndizeye Aime Ndanda nyuma y’amezi make asinye amasezerano yo kuyibera umuyobozi wa tekinike no gutoza abazamu ariko agata akazi nta mpamvu atanze.”

Mu ntangiriro z’Ukwakira 2020, Ndanda ni bwo yasinye amasezerano y’izi nshingano ebyiri muri iyi kipe, yagombaga kumara imyaka ibiri.

Amakuru yo ku wa 12 Ugushyingo 2020 dukesha Fun Club, yavugaga ko Ndanda wari umaze igihe gito asinye amasezerano na Kiyovu Sports, amaze igihe kirenga icyumweru avuye mu kazi, aho ngo yagiye kureba umuryango we uri muri Ethiopia kugira ngo awuzane mu Rwanda.

Nk’uko byemejwe n’Umunyamabanga Mukuru wa Kiyovu Sports, Omar Munyengabe, Ndanda yahawe uruhushya rwo kujya muri Ethiopia.

Nyuma yo kugerayo, ngo ubuyobozi bw’iyi kipe bwamwandikiye ngo agaruke mu kazi, ntiyagaruka, bikaba bigeze aho bumuhagarika.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *