Klopp yavuze ko bazategereza Van Dijk nk’uko umugore w’umutima ategereza umugabo we ufunzwe

Sangiza iyi nkuru

Umudage Jurgen Klopp utoza Ikipe ya Liverpool, yatangaje ko bazashyigikira Virgil van Dijk kugeza akize nk’uko umugore w’umutima ategereza umugabo we mu gihe ari muri gereza.

Uyu myugariro w’Umuholandi, aheruka kuvunikira mu mukino wa shampiyona y’Abongereza Liverpool yanganyijemo na Everton ibitego 2-2 ku wa Gatandatu w’icyumweru gushize, akaba agomba kumara hanze y’ikibuga byibura amezi umunani nk’uko amakuru abivuga.

Virgil yari umukinnyi ngenderwaho muri Liverpool kuva yayigeramo muri Mutarama 2018 avuye muri Southampton, akayifasha kwegukana ibikombe birimo icya UEFA Champions league na shampiyona yaherukaga mu myaka 30 ishize.

Mu mwaka w’imikino wa 2019/20 Liverpool yatwayemo igikombe cya shampiyona, Virgil yakinnye imikino 38 yose ya shampiyona kandi adasimburwa, bigashimangira buryo ki imvune ye ari icyuho gikomeye kuri Liverpool.

Mu kiganiro umutoza Klopp yagiranye n’itangazamakuru kibanziriza umukino wa UEFA Champions league ikipe ye izakinamo na Ajax, yavuze ko Van Dijk ameze neza, amwizeza ko Liverpool izamuha ubufasha bwose azakenera kugira ngo akire.

Ati: “Buri gihe niko bigenda, mu bihe nk’ibi abakinnyi bakunda kuba bonyine. Maze igihe kirekire mu mupira kinyemerera kubimenya. Ubwanjye nigeze kuvunika, ngira imvune ijya kumera nk’iye niba ntibeshya…”

“Byose bizatangira ariko turi kuvugana na we. Turiho ku bwe, arabizi ko tuzamutegereza nk’uko umugore w’umutima utegereje umugabo we ufunzwe abigenza kandi natwe tuzabikora, ibyo ni byo twakora kugira ngo tumworohereze bishoboka.”

Abanyamakuru babajije Klopp igihe Van Dijk azamara hanze y’ikibuga, avuga ko atababwira ngo kingana iki kubera ko imiterere y’umubiri w’abakinnyi ituma bakira mu bihe bitandukanye, ariko avuga ko ari kirekire.

Klopp yavuze ko yamenye ko uriya myugariro azamara igihe kirekire hanze y’ikibuga ubwo yongeraga kureba imvune yagize ku wa Gatandatu. Ku bwa Klopp ngo imvune ni ikintu buri mukinnyi wese atifuza mu buzima bwe, ku buryo iyo bibaye aba ari umwanda ukomeye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *