KNC yatangaje ko nta kipe izongera gukura amanota kuri Gasogi United

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Gasogi United, Kakoza Nkuriza Charles yatangaje ko nta kipe izongera gukura amanota kw’ikipe ye guhera mu mikino yo kwishyura (2nd leg) ya shampiyona y’icyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru.

KNC [impine y’amazina ye], yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, nyuma y’aho ikipe ye yatsinze Rayon Sports igitego kimwe ku busa (1-0), mu mukino ufunga igice kibanza cya shampiyona wabaye tariki ya 23 Ukuboza 2022.

Uyu muyobozi yatangaje ko Gasogi United igiye kugura abakinnyi batandatu bari ku rwego rwa mbere b’abanyamahanga, bazatuma shampiyona y’icyiciro cya mbere ikomera kurushaho.

Ashingiye kuri aya mavugurura, KNC yavuze ko amakipe ari kuri iyi shampiyona akwiye kwiheba kuko atazakura amanota ku ikipe ayobora. Ati: “Dufite imyanya itandatu yo kongeramo kuko turateganya kongeramo abakinnyi bo muri classe 1, b’abanyamahanga. Tugiye kuzamura competition ku buryo bushoboka, utaratuvanyeho amanota, nagende yihebe kuko ntabwo azayatuvanaho.”

Kuri Rayon Sports, KNC yatangaje ko mu mukino wo kwishyura, iyi kipe iri mu zifite abakunzi benshi mu gihugu izatsindwa na Gasogi United birenze uko byayigendekeye tariki ya 23 Ukuboza. Ati: “Ndatanga ubutumwa. Rayon Sports tuzayisubira. Retour noneho tuzayikorera ibintu bibi birengeje ibi.”

Imikino ibanza ya shampiyona irangiye Gasogi United iri ku mwanya wa kane, ikaba ifite amanota 28. Irarushanwa amanota abiri na A.S Kigali iri ku mwanya wa mbere. KNC yemeza ko bashaka igikombe, kandi ngo kubigeraho bihera ku gutsinda amakipe akomeye.

Soma Izindi Nkuru

3 Responses

  1. KNC yatangaje ko nta kipe izongera gukura amanota kuri Gasogi United
    KNC araryosha championnat yurwanda jew ndumurundi ndakunda kumukwirikira ibiganiro agira Hama ndashaka mubwire résultat iheruka hagati ya Aper FC hamwe n’a gasogi unided

  2. KNC yatangaje ko nta kipe izongera gukura amanota kuri Gasogi United
    KNC Reka kwiyemera kuko abatoza bandi ntabwo bicyaye APR FC turaje tukwereke uko dukora.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *