Komanda mushya w’ingabo zigize umutwe wa EACRF w’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba ukorera muri Repubulika ya demukarasi ya Congo, yamenyekanye, akaba asimbura Maj. Gen. Jeff Nyagah weguye kuri uyu wa 27 Mata 2023.
Ubwegure bwa Nyagah bufite impamvu zitandukanye zirimo kuba abacancuro bakorana n’ingabo za RDC muri Mutarama 2023 baragenzuraga urugo yari atuyemo i Goma, bifashishije ibikoresho bitandukanye birimo indege zitagira abapilote, bituma yimuka ku bw’umutekano we, no kuba hari hakomeje gukora ubukangurambaga butesha agaciro ingabo yari ayoboye.
Perezida wa Kenya, Dr William Ruto, nyuma yo kwakira ubwegure bwa Maj. Gen. Nyagah, kuri uyu wa 28 Mata 2023, yamuhaye inshingano nshya yo kuyobora ingabo z’igihugu cyabo zikorera mu gice cy’uburengerazuba, West Command.
Dr Ruto yanashyizeho umusimbura wa Maj. Gen. Nyagah ku buyobozi bukuru bwa EACRF, uyu akaba ari Maj. Gen. Alphaxard Muthuri Kiugu wari usanzwe ari mu bagize inama y’ubutegetsi yak operative y’igisirikare ishinzwe kubika no kubika inguzanyo, DESACCO.
Umuyobozi Mukuru wa EACRF arakomeza kungirizwa n’Umunyekongo, Brig. Gen. Emmanuel (Emma) Kaputa. Iza Kenya zibarizwa muri uyu mutwe zirakomeza ziyoborwe na Colonel Daniel Rotich.



