Muri iki cyumweru mu Karere ka Huye hakiriwe komisiyo y’ubukungu n’imari ya sena y’u Rwanda , uru rugendo rw’abasenateri rukaba rwari rugamije kumenya aho ahateganijwe igishushanyombonera cy’inganda kigeze gishyirwa mu bikorwa mu Karere ka Huye.
Mu biganiro bagiranye kuri uyu wa Gatatu ushize itariki 15 Werurwe 2017 n’ubuyobozi bw’Akarere ka Huye n’abandi bafatanyabikorwa mu bijyanye n’inganda, abagize komisiyo bagaragarijwe ibikorwa bitandukanye bimaze gukorwa mu rwego ryo gushyira mu bikorwa igishushanyanyombonera cy’inganda ,ibyo bikorwa birimo : Inyigo y’imiterere y’ahazashyirwa ibikorwaremezo, kwimura abaturage no kubaha ingurane ikwiye, kugaragaza amazone n’ubwoko bw’inganda zizajyamo ndetse n’inganda zatangiye kubakwamo.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Komisiyo yagaragarijwe nkandi imbogamizi zikirimo zituma igishushanyombonera kidashirwa mu bikorwa nk’uko bikwiye ,izo mbogamizi hakaba harimo kuba nta mazi , amashanyarazi ndetse n’imihanda bihagije byari byagezwa muri site y’inganda .
Abagize komisiyo bakaba bashimye ibimaze gukorwa ariko basaba Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda yari ihagarariwe muri iyi nama kwihutisha ibikorwa byo gushyira muri site ibikorwa remezo by ‘ibanze kugirango bireshye abashoramari baza kubaka muri site. Abagize komisiyo bakaba bijeje akarere ubuvugizi mu zindi nzego kugira ngo ibibazo byagaragajwe mu ishyiramubikorwa ry’igishushanyobonera cy’inganda bikemuke nk’uko iyi nkuru y’urubuga rw’akarere isoza ivuga.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
@bwiza.com








