Abafana ba Rayon Sports bazwi nk’aba-hooligan basabye Komite y’iyi kipe kwegura, nyuma yo gutsindwa ubugira kabiri na Kiyovu Sports bafata nk’umukeba wabo.
Rayon Sports ku wa Gatandatu yari yakiriye Kiyovu Sports kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, mu mukino w’umunsi wa 22 wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere.
Ni umukino iyi kipe ikunzwe kurusha izindi yatsinzwemo ibitego 2-0, gusa yahushijwe ibindi byinshi byashoboraga gutuma uyu mubare urenga.
Ibitego by’Umurundi Bigirimana Abedi kuri Coup-Franc na Muhozi Fred mu minota ya nyuma y’umukino ni byo byafashije Kiyovu Sports gukura amanota atatu kuri Rayon Sports.
Iyi kipe yo ku Mumena ni ku nshuro ya kabiri yatsindaga iriya y’i Nyanza muri uyu mwaka w’imikino, dore ko no mu mukino ubanza yari yarayitsinze ibitego 2-0.
Nyuma y’umukino aba-hooligan ba Rayon Sports bumvikanye baririmba indirimbo zisaba Komite nyobozi y’iyi kipe irangajwe imbere na Captain (Rtd) Uwayezu Jean Fidèle kwegura.
Bati: “Turabibwira Komite yose n’inkomamashyi, begure.”
Rayon Sports kuri ubu irarushwa amanota 15 na Kiyovu Sports iyoboye urutonde rwa shampiyona by’agateganyo n’amanota 50.
Iyi kipe yari yarihaye intego yo gutwara igikombe cya shampiyona ndetse n’icy’amahoro, gusa birasa n’aho ibya shampiyona byo ari inzozi mu gihe ibura imikino umunani yonyine ikarangira.


