Igihugu cya Koreya y’Epfo cyatangaje ko igikorwa cy’igerageza rya missile rya Koreya ya ruguru hafi y’imbibi zayo z’uburasirazuba kitagenze uko cyari cyateguwe. Muri uku kwezi, Koreya ya Ruguru ikaba yaragerageje missiles ballistiques 4 izigera kuri 3 muri zo zikaba zaraguye hafi y’amazi yegereye u Buyapani.
Iyi nkuru iravuga iri geregeza rya missile ryo kuri uyu wa gatatu ryagaragaye nk’iryapfubye nk’uko byatangajwe na minisitiri w’ingabo wa Koreya y’Epfo utatangaje ubwoko bw’iyo missile yari igiye kugeragezwa.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ikinyamakuru cyo mu Buyapani, Kyodo, cyo kivuga ko amakuru gikesha umwe mu bantu bari muri guverinoma avuga ko Koreya ya Ruguru ishobora kuba yarashe missiles nyinshi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, ariko igisirikare cya Amerika cyo kivuga ko ari igerageza ryapfubye, aho Komanda Dave Benham mu itangazo ryashyizwe ahagaragara yavuze ko Harashwe igisasu cya missile ariko kigahita gishwanyuka mu masegonda macye gitewe.
Imyiteguro y’Intambara yaba ikomeje
Nk’uko iyi nkuru dukesha Deutch Well ikomeza ivuga, ngo iri gerageza rya missile rya Koreya ya Ruguru ryabaye mu gihe ku rundi ruhande ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’iza Koreya y’Epfo zari zikomeje imyitozo ngarukamwaka Koreya ya Ruguru ivuga ko ari imyiteguro yo kuyigabaho ibitero.
Koreya ya Ruguru kandi ngo yari imaze ibyumweru bibiri igerageje ibisasu yateye bikagera mu birometero bigera mu 1,000, bikaba byaraketswe ko nayo ishobora kuba yitegura kugaba ibitero ku birindiro by’ingabo za Amerika biri mu Buyapani.
Igisirikare cya Amerika biravugwa ko muri iki gihe cyakajije ibijyanye no gukurikiranira hafi Koreya ya Ruguru, aho ndetse kivuga ko cyabonye imbunda ikoreshwa mu kurasa za missiles ya Koreya ya Ruguru yimurirwa mu mujyi wegereye inkombe wa Wonsan.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


