Ku myaka 55 y’amavuko, yarashwe ashinjwa amarozi

Sangiza iyi nkuru

Ni umugabo witwaga Fidèle Nibizi w’imyaka 55 y’amavuko, wari utuye muri komine Buganda, intara ya Cibitoke ho mu Burundi, uyu mugabo akaba yarishwe ku wa Gatanu tariki ya 15 Mata, nyuma y’igihe kirekire avugwaho amarozi.
Mu gihe inzego z’ubuyobozi zivuga ko zatangiye iperereza ku rupfu rwe, bitangazwa ko yarashwe n’abantu bataramenyekana, bamurasa mu ijoro saa tatu aho bari bamuteye atashye.
N’ubwo bwose yishwe, ngo yari yarashyizwe ku iterabwoba abwirwa ko azwica kubera amarozi bamushinjaga.
Umuyobozi wa komine Buganda akaba ariwe watangarije itangazamakuru ko batangiye gukora iperereza ngo hamenyekane iwivuganye uwo musaza.
vie
Nsengiyumva Philipe/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *