Ku myaka 75, Perezida Buhari yongeye kwiyamamariza kuyobora Nigeria

Sangiza iyi nkuru

Ishyaka riri ku butegetsi muri Nigeria ryagennye Perezida Muhammadu Buhari ko ari we uzarihagararira mu matora y’umukuru w’igihugu azaba muri Gashyantare 2018.

Yagenwe nyuma y’amatora y’ibanze yabaye mu cyumweru gishize aho nta wundi mukandida mu ishyaka ‘All Progressives Congress’  wahiganwaga na Buhari w’imyaka 75 y’amavuko.

VOA itangaza ko abayobozi bakuru b’amashyaka 39 yemewe muri Nigeria, arimo irikomeye rya People’s Democratic Party (PDP) bashyize umukono ku masezerano yo kunga ubumwe bagamije guhangana na Buhari muri ayo matora ateganijwe mu mezi ane ari imbere.

Aya mashyaka ateganya gutanga umukandida umwe mu bice bitandukanye by’igihugu ndetse no mu nzego zose kugera ku mukuru w’igihugu.

Perezida Buhari w’imyaka 75, yageze  ku butegetsi mu 2015, n’ubwo nta myaka myinshi amaze kuri iyi ntebe y’ubuperezida, ayobora igihugu ari mu bitaro dore ko ahorana uburwayi bumuha agahenge umunsi umwe undi akaba ari ku miti.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *