Ku myaka 80 y’amavuko, Peter Webster agiye guhagarika gukina umupira w’amaguru

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatanu umukambwe w’imyaka 80 y’amavuko wo mu gihugu cya Australia, arasezera burundu ku mupira w’amaguru nyuma y’imyaka myinshi awukina.

Uyu musaza witwa Peter Webster, yavukiye i Preston mu Bwongereza mbere yo kwimukira muri Wales mu 1948, aho yavuye yerekeza mu gihugu cya Australia aho kuri ubu atuye mu gace ka Wollongong.

Mu kiganiro yagiranye na BBC, yavuze ko yafashe icyemezo cyo guhagarika gukina ruhago nyuma yo kubona atagitanga umusaruro nk’uwo yatangaga atarashesha akanguhe.

Muzehe Webster yatangiye gukina umupira w’amaguru afite imyaka 15 y’amavuko ubwo yari akigera ku ishuri, gusa umupira w’amaguru nta gaciro kenshi wahabwaga kuko hari hagezweho umukino wa Rugby.

Uyu mukambwe akiri hagati y’imyaka 20 na 30 yakiniye amakipe menshi muri Wales, mbere y’uko we n’umuryango we bimukira mu gihugu cya Australia mu w’1981.

Yabwiye BBC ko akigera muri Australia yatunguwe no gusanga umupira w’amaguru warateye imbere, ku buryo atatinye kuwukinira mu bushyuhe bukabije ugereranyije n’ubukonje buba aho yari avuye.

Webster aragaragara mu mukino ikipe ye yaWollongong’s Figtree Football Cub ikina kuri uyu wa Gatanu uba uwa nyuma araba ayikiniye.

Ni umukino ikipe ye ihuriramo n’iyitwa Russell Vale.

Webster uhagarika gukina umupira w’amaguru, afatwa nk’umunyabigwi mu gace atuyemo dore ko hari n’irushanwa ryitwa Peter Webster Cup ryamwitiriwe.

Avuga ko atazi imbyiyumvo aza kugira ubwo aza kuba akina umukino we wa nyuma, gusa akemeza ko azakomeza kuba hafi ikipe ye.

Umukambwe Webster kandi avuga ko kuba agiye guhagarika umupira w’amaguru bigiye kumuha umwanya wo kureba abuzukuru we baconga agapira, dore ko ngo hari imikino yabo yagiye imucika kubera ko na we yabaga ari mu kibuga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *