Ku majwi 60 ,75 yongeye gutuma Perezida Yoweli Kaguta Museveni yongera kuyobora Uganda indi manda y’imyaka 5 nk’uko byemejwe na komisiyo ishinzwe gutegura amatora muri Uganda.
Komisiyo y’amatora muri Uganda yaraye yemeje bwa nyuma ko Kaguta Yoweri Museveni ariwe watsinze amatora yabaye muri iki gihugu yo guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu, Perezida Museveni yatsinze ku bwiganze bw’amajwi 60,75%naho Dr Kizza Besigye umugwa mu ntege yagize amajwi 35,7%.

Mugitondo cyo kuri uyu wa Gatanu komisiyo y’amatora yari yatangaje ibyavuye mu matora mu buryo bw’agatenyo aho nabwo Museveni yari ari imbere n’amajwi 62% naho Dr Kizza Besigye afite 33%.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Gashyantare 2016 Eng Badru Kiggundu Perezida wa komisiyo y’amatora muri akaba yatangaje burundu ibyavuye mu matora aho abakandida 8 barushanyijwe mu buryo bukurikira.
Abed Bwanika: 86075 (0.93%)
Amama Mbabazi 132,574 (1.43%)
Benon Biraaro 25675 (0.27%)
Joseph Mabirizi : 23762 (0.26%)
Kizza Besigye: 3, 270, 290 (35.7%)
Maureen Kyalya: 40598 (0.44%)
Venansius Baryamureeba 51086 (0.55%)
Yoweri Museveni 5 617 503 (60.75%)
Muri rusange amajwi yose yanganaga na Miliyoni 9 n’ibihumbi 246 na 563 mugihe abatoye baotoye bose banganaga na 63.5%.
Dr Kizza Besigye watangiye gufungwa kuva amatora yatangira ashinjwa gushaka gutangaza we ubwe ibyavuye mu matora mugihe bitemewe n’amategeko ya Uganda.
Perezida Museveni w’imyaka 72 agiye kuyobora iki gihugu manda y’indi myaka 5 isanga indi 30 yari amaze ayobora Uganda Dore ko yageze ku butegetsi mu 1986.
Ni mugihe nyamara abatavuga rumwe nawe bahora bamushinja kuyoboza igitugu, mugihe nyamara ubwo yabohoraga Uganda yavugaga ko azakomeza kuyobora mu ugushaka kw’abanya Uganda bitewe n’uko bazajay bamutora.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Alphonse Munyankindi / bwiza.com


