Perezida Joe Biden ubu ari gukoresha diplomasi mu kurwanya igitero cy’u Burusiya kuri Ukraine. Ubuyobozi bwe ntibwahwemye gutangaza umuburo w’imperuka ku gitero u Burusiya bwateguraga amaherezo cyashyizwe mu bikorwa ku itariki 24 Gashyantare 2022.
Biden yasobanuye ko Abanyamerika badashaka intambara, nubwo Abarusiya babishaka. Byongeye kandi, yanze kohereza ingabo muri Ukraine gutabara Abanyamerika, biramutse bigeze aho. Kandi mu by’ukuri yakuye ingabo zakoraga mu gihugu nk’abajyanama ba gisirikare n’abagenzuzi.
Ni ukubera iki yashushanyije uyu murongo utukura mu kibazo cya politiki y’ububanyi n’amahanga y’ubuyobozi bwe?
Nta nyungu z’umutekano w’igihugu
Mbere ya byose, Ukraine ntabwo ari umuturanyi wa Amerika. Ntabwo iherereye ku mupaka wa Amerika. Ntabwo kandi yakiriye ibirindiro by’ingabo z’Amerika. Ntabwo ifite ububiko bwa peteroli, kandi ntabwo ari umufatanyabikorwa ukomeye mu bucuruzi.
Ku rundi ruhande ariko, kubura inyungu z’igihugu ntibyabujije abahoze ari abaperezida gukoresha amaraso n’ubutunzi mu kurengera ibindi bihugu. Mu 1995, Bill Clinton yagize uruhare mu ntambara yakurikiye isenyuka rya Yugosilaviya. Kandi mu 2011, Barack Obama yabigenje atyo mu ntambara yo muri Libya, ku mpamvu z’uburenganzira bwa muntu ndetse n’ubutabazi.
Mu 1990, George H W Bush yasobanuye impamvu ihuriro mpuzamahanga ryagiye kwirukana Iraki muri Koweti nko kurengera amategeko agenga ishyamba. Abayobozi bakuru ba Biden bashinzwe umutekano mu gihugu bakoresheje imvugo nk’iyi igihe basobanuraga ko u Burusiya bubangamiye amahame mpuzamahanga y’amahoro n’umutekano. Ariko bagiye babwiriza igisubizo cy’intambara y’ubukungu binyuze mu bihano nk’igisubizo, ntabwo ari ibikorwa bya gisirikare.
Biden ntabwo yemera ubutabazi bunyuze mu bikorwa bya gisirikare
Ibi bifite aho bihuriye n’ubushake bwa Perezida Biden bwo kudatabara ariko bwagiye butera imbere bijyanye n’igihe. Nk’urugero nk’uko tubikesha BBC, yashyigikiye ibikorwa bya gisirikare by’Amerika mu myaka ya za 90 kugira ngo bikemure amakimbirane ashingiye ku moko muri Balkans. Kandi yatoye ko Amerika itera Irak muri 2003. Ariko kuva icyo gihe, arushaho kugira amakenga yo gukoresha ingufu za gisirikare za Amerika.
Yarwanyije ko Obama yivanga mu bibazo byo muri Libya ndetse no kongera ingabo muri Afghanistan. Yashimangiye byimazeyo itegeko rye ryo gukura ingabo za Amerika muri Afghanistan umwaka ushize nubwo hari akaduruvayo kabiherekeje ndetse n’ibiza byibasiye inyokomuntu byasigaye.
Umudipolomate we ukomeye Antony Blinken wateguye politiki y’ububanyi n’amahanga ya perezida mu gihe cy’imyaka 20 akorera iruhande rwe, yasobanuye ko umutekano w’igihugu urebana no kurwanya imihindagurikire y’ikirere, kurwanya indwara z’ibyorezo ndetse no guhiganwa n’u Bushinwa kuruta ibijyanye n’igisirikare.
Abanyamerika nabo ntibashaka intambara
Ubushakashatsi buherutse gukorwa na AP-NORC bwasanze 72% bavuga ko Amerika igomba kugira uruhare ruto mu ntambara y’u Burusiya na Ukraine, cyangwa se ntihagire icyo ikora na kimwe.
Bibanze ku bibazo byo mu gihugu, cyane cyane izamuka ry’agaciro k’ifaranga, ikintu Biden agomba kuzirikana mu gihe amatora y’abasenateri n’abadepite yegereje.
I Washington, ikibazo kirimo kuryanisha abadepite ku mpande zombi, basaba ibihano bikaze. Ndetse n’amajwi nka Senateri w’Umurepubulikani, Ted Cruz, ntashaka ko Biden yohereza ingabo z’Abanyamerika muri Ukraine no “gutangiza intambara yo kurasana na Putin.”


