Kugeza ubu ntitwakwemeza ko M23 iri ku butaka bwa Congo – Monusco

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatatu nk’uko bisanzwe buri kwezi ubutumwa bw’umuryango w’Abibumbye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (Monusco) bwagiranye ikiganiro n’abanyamakuru buhatwa ibibazo bitandukanye birimo icyabazaga niba bwemeza ko koko hari abarwanyi ba M23 baherutse kwinjira ku butaka bwa Congo bavuye muri Uganda. Monusco ikaba ivuga ko kugeza ubu itakwemeza aya makuru.

Muri iki kiganiro abakozi ba Monusco babanje kuvuga ko bakomeje ibikorwa byo kurwanya imitwe yitwara gisirikare ikorera mu burasirazuba bwa Congo, babazwa ku kijyanye n’amakuru aherutse gutangazwa na guverinoma ya Congo yavugaga ko abarwanyi ba M23 bagera kuri 200 bambutse umupaka bavuye muri Uganda bakinjira muri Congo.

Monusco yasubije ko yohereje ingabo zayo ahavugwa ko aba barwanyi binjiriye ngo zijye gufatanya n’ingabo za FARDC, yongeraho ko hari itsinda rihuriweho ryoherejwe gushakisha amakuru yisumbuye kuri iki kibazo.

c2cqfaqw8ae4y3

Mu gusubiza iki kibazo rero muri macye, Monusco yavuze ko kugeza ubu itakwemeza ko hari abarwanyi ba M23 bari aho hantu ku butaka bwa Congo.

Ku kibazo cyo kwambura ubushobozi umutwe wa M23, Monusco yavuze ko igihe kigeze ngo abashyize umukono bose ku masezerano yo guhagarika intambara yashyiriweho umukono I Nairobi, bashyire mu bikorwa ibyo biyemeje.

Monusco ikaba yavuze ko ku ruhande rwayo igikomeye ku kurwanya imitwe yose yitwara gisirikare yose ikorera mu burasirazuba bwa Congo no kuyica intege.

Ku kibazo kijyanye n’abanya Sudani y’Epfo baba bari ku butaka bwa Congo bivugwa ko ari ikibazo gikomeye ku mutekano, Monusco yasubije ko intumwa idasanzwe ya Loni, Djinnit n’umukuru wa Monusco basuye ahavugwa aba bantu bagiye kureba uko bimeze.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Aba bayobozi bakaba ngo barabonanye n’abahoze mu mitwe y’inyeshyamba muri Sudani y’Epfo bakabizeza ko barambiwe intambara icyo bifuza ari ukubaho gusa.

Abanyamakuru babajije ibibazo byinshi birebana n’umutekano bagera aho babaza ikibazo kimaze iminsi cy’amakimbirane ashingiye ku moko hagati y’Abatwa n’Aba Bantu babaza icyo Monusco iri kugikoraho, isubiza ko hari abantu bayo bari gukurikirana ngo barebe ko haboneka igisubizo mu mahoro.

c2cpdxfxuaax2z

Monusco ariko yongeyeho ko iki kibazo cy’amakimbirane hagati y’Abatwa n’Aba Bantu ari ikibazo kimaze igihe, kubw’ibyo igisubizo kikaba kitava mu gukoresha ingufu za gisirikare.

Tugarutse kuri M23, Monusco yabajijwe niba itaba iri koroshya iki kibazo cyo kuba hari abarwanyi ba M23 baherutse kwinjira ku butaka bwa Congo, mu gusubiza ivuga ko itari koroshya ikibazo, ariko ko na none itakwihanukira ngo yemeze ko hari abarwanyi ba M23 bari ku butaka bwa Congo.

Yagize iti: “Amakuru yacu twasuzumye kuri terrain ntatwemerera kwemeza na none ko iyahoze ari M23 iri muri Congo”.

Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo minisitiri w’itangazamakuru akaba n’umuvugizi wa guverinoma ya Congo, Lambert Mbende yatangarije itangazamakuru ko abahoze muri M23 bagera kuri 200 bambutse umupaka bavuye muri Uganda aho bahungiye bakigarurira igiturage kimwe cyo muri Kivu y’Amajyaruguru.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *