Kuki impunzi 39 z’Abarundi muri Congo zishwe n'abashinzwe umutekano?

Sangiza iyi nkuru

Ku wa Gatanu tariki ya 15 Nzeri 2017, nibwo impunzi z’Abarundi ziri mu nkambi ya Kamanyola muri Congo zarashwemo urufaya rw’amasasu n’inzego zishinzwe umutekano muri icyo gihugu, 39 muri zo zihasiga ubuzima.

Urujijo ruracyari rwose mu makuru atangwa n’inzego zitandukanye, havugwa ko inzego z’umutekano zarashe izo mpunzi na zo zitabara, Leta ya Congo ikavuga ko no ku ruhande rwabo harashwe abasirikare 5 barapfa, mu gihe hari andi makuru avuga ko hapfuye umusirikare umwe.

Impunzi 39 zararashwe zirapfa harimo n’umwana w’umukobwa w’imyaka 10, abandi 94 barakomeretse, 37 muri bo barimo kuvurirwa kuri iyi nkambi, 57 bakomeretse bikabije bajyanwe kuvurirwa i Goma.

Ikinyamakuru Aljazeera, bwiza.com ikesha iyi nkuru, gitangaza ko ku wa 12 Nzeri ubwo abasirikare ba FARDC bari bari ku burinzi, ngo bafashe impunzi 4 z’Abarundi zo muri iyo nkambi bafite intwaro zirimo n’iza gisirikare.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Igisirikare cya Congo cyabamaranye iminsi ibiri, nyuma kibashyikiriza urwego rukuru rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Congo. Ku wa 15 Nzeri ahagana 16:00, ngo nibwo impunzi zo muri iyo nkambi zasohotse zijya kwigaragambya ku biro bishinzwe iperereza muri Congo ari benshi basaba ko abo bagabo 4 bafungurwa.

Umwe mu banyamategeko waganiriye na Aljazeera, avuga ko amakuru bafite ari uko ubwo izi mpunzi zigaragambyaga, abashinze umutekano bagerageje kubahagarika babasubiza inyuma, na bo bakarwana bashaka gukomeza iyo myigaragambyo, batera abashinzwe umutekano amabuye.

Aho ngo ikibazo cyaje gukomerera, ni aho umwe mu bigaragambyaga wari ufite imbunda, yarashe umwe mu bashinzwe umutekano arapfa, abandi nabo ku ruhande rw’abashinzwe umutekano batangira kubarasamo urufaya rw’amasasu.

Ishami rya Loni rishinzwe kwita ku mpunzi, UNHCR, ryatangarije iki kinyamakuru ku wa Kabiri tariki ya 19 Nzeri ko abantu 39 aribo bamaze gupfa, harimo abagore 15.

Mu gihe Leta ya Congo ivuga ko abakomeretse ari 94, UNHCR itangaza ko ari 114, hifashishijwe indege ya Loni ya kajugujugu bajyanwa kuvurirwa mu bitaro i Bukavu na Goma.

Mu nkambi ya Kamanyola habarirwamo impunzi z’Abarundi zisaga 2000, zagiye zihunga kuva 2015, ubwo Perezida Nkurunziza w’u Burundi yatangazaga ko agiye kwiyamamariza manda ya 3, hakavuka imvururu.

Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter

Itangishatse Théoneste/Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *