Kutagaragara mu rukiko rw’ubujurire kwa Rusesabagina kwateje impaka ku ihamagazwa rye

Sangiza iyi nkuru

Ikibazo kijyanye n’ihamagarwa rya Paul Rusesabagina n’abobareganwa mu rubanza ku bujurire kuri uyu wa Mbere, itariki 17 Mutarama 2022, ryateje impaka mu rukiko rw’ubujurire, aho abamwunganira bavuga ko atahamagawe mu buryo bwemewe n’amategeko mu gihe ubushinjacyaha bushimangira ko hubahirijwe amategeko, arimo no gukoresha ikoranabuhanga ndetse butanga ibimenyetso birimo n’ibaruwa ubuyobozi bwa gereza bwanditse busobanura ko Rusesabagina yanze gusinya ku ihamagazwa yohererejwe ariko abamwunganira bavuga ko ibyo bitari mu nshingano za gereza.

Uretse Uwagombaga kuburana ku itariki 10 Mutarama, ku rutonde rw’urubanza rwagombaga gutangira uyu munsi, Rusesabagina niwe wari ku mwanya wa mbere ariko ngo yanze gusinya, ariko abandi bose uko ari 20 barasinye, ari naho ubushinjacyaha buhera buvuga ko ashaka gutinza urubanza nta mpamvu.

Buvuga ko ubutumwa bwohererejwe abaregwa ko bagomba kwitaba urukiko bwujujwe ibiteganywa mu ngingo ya 98 mu gika cya 2 y’itegeko rigenga imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha kugirango babashe kubona internet kugirango babone ubutumwa bwoherejwe hakoreshejwe ikoranabuhanga bigomba kugirwamo uruhare kandi ibyo byarubahirijwe, uruhande rw’ubushinjacyaha rugasanga kuba atitabye atari uko atamenyeshejwe umunsi w’urubanza ahubwo ari ubushake bwe bwo kutitrabira urubanza.

Usibye ibyo kandi ngo guhamagazwa byamenyeshejwe abamwunganira ari bo Me Gatera Gashabana na Me Felix Rudakemwa nabo barabimenyeshejwe, ariko kuba bahisemo kutitaba kandi barabimenyeshejwe nk’uko biteganywa mu ngingo ya 98 mu gika cya 2 cy’itegeko bitabuza ko urubanza ruba.

Kuri uyu wa 16 Mutarama, hategurwa abagomba kuburana Rusesabagina nawe ari mu bateguwe apimwa Covid-19 gereza ya Nyarugenge ivuga ko we yanze kwipimisha kubera ko atazitabira uru rubanza nk’uko bigaragara muri raporo ya gereza, ikindi kigaragaza ko Rusesabagina yanze kwitabira ku bushake nk’uko n’ubundi urubanza rwe rwapfundikiwe yaranze kwitabira iburanisha.

Ku ruhande rw’abaregwa, Me Rugeyo Jean wunganira Sankara na Herman avuga ko itegeko riteganya ibijyanye n’ihamazwa ry’umuburanyi hakoreshejwe ikoranabuhanga ridateganyamo ubuyobozi bwa gereza, avuga ko gereza atari yo igomba kumenyesha ababurana niba bagomba kwitaba. Izi raporo z’ubuyobozi bwa gereza ngo nta gaciro ku bijyanye no kumenyesha abaregwa kuko itegeko ritabateganya.

Avuga ko “Ubuyobozi bwa gereza ntibufite kwemeza ko bwamenyesheje ufunze cyangwa kwemeza ko uregwa yanze kwitaba iburanisha.

Ati ” Nyakubahwa Perezida ba nyakubahwa bacamanza, izi raporo z’ubuyobozi bwa gereza mu mategeko zaba zifite akahe gaciro ku bijyanye no kumenyesha abaregwa niba mu bisanzwe ubuyobozi bwa gereza budafite iyo qualite na raporo yabwo nta qualite yagira mu kwemeza y’uko bwamenyesheje ufunze yanga gusinya cyangwa se ngo ababwira yuko atazitaba iburanisha.”

“Niyo mpamvu dusaba ko iburana ry’uyu munsi risubikwa uregwa agahamagazwa mu buryo bwubahirije amategeko”.

Kuba abandi baremeye kwitaba birumvikana ariko se “Ni iki kigaragaza ko Rusesabagina we yamenyeshejwe n’ubifitiye ububasha yanga kwitaba. Kwitaba kw’ababuranyi bamwei ntibivanaho uburenganzira bw’undi,”

Umucamanza yanzuye ko umwanzuro w’urukiko ku gukomeza urubanza cyangwa kurusubika Rusesabagina akongera guhamagazwa bushya uzatangwa kuri uyu wa Kabiri, itariki 18 Mutarama 2022.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *