Felicien-Kabuga_IRMCT

La Haye: Felicien Kabuga ashobora koherezwa mu Rwanda vuba

Sangiza iyi nkuru

Felicien Kabuga waregwaga kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’ibyaha byibasiye inyokomuntu imbere y’Urwego rw’Umuryango w’Abibumbye rwashyiriweho kurangiza imanza zitarangijwe n’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda, akomeje gufungirwa i La Haye nubwo hari abatangiye gutekereza kumwohereza mu Rwanda.

Muri Kanama 2023, urukiko rwasanze adashoboye kuburana kubera uburwayi maze rutegeka ko arekurwa. Ku myaka irenga 90, afite ikibazo cyo “kwibagirwa”, nk’uko byemejwe n’impuguke zaje kumusuzuma i La Haye. Ariko biravugwa ko kuri ubu umushinjacyaha yahisemo gutanga ikindi gitekerezo aho kumugumisha i La Haye.

N’iki twakora kuri Félicien Kabuga? Iki ni ikibazo bivugwa ko kimaze imyaka irenga ibiri kibazwa n’abacamanza i La Haye. Kandi umushinjacyaha afite igisubizo cyoroshye: kumusubiza mu Rwanda.

Inkuru yashyizwe ahagaragara na RFI ivuga ko umwunganizi we yagerageje kumushakira igihugu cyo mu Burayi cyamwakira. Bamwe mu bana be cumi na batatu baba mu Bubiligi, mu Bufaransa, no mu Bwongereza. Ariko n’u Bufaransa, aho yafatiwe muri Gicurasi 2020 nyuma y’imyaka 26 ari mu bwihisho, cyanze kumwakira.

Mu cyifuzo cye ku bacamanza, umushinjacyaha bivugwa ko akomeje kugirana ubufatanye bwiza na Kigali, yemeza ko uburenganzira bw’uyu mugabo uzwiho kuba ari we washoye imari mu kugura ibikoresho byakoreshejwe mu kwica abantu muri jenoside, buzarindwa nk’uko u Rwanda rwabisezeranije.

Umushinjacyaha arasaba kwimurirwa by’agateganyo mu Rwanda

Urubanza rwa Félicien Kabuga rwamaze amezi menshi mbere yo guhagarikwa. Icyo gihe, abacamanza basanze uko ubuzima bwe bwifashe bitamwemerera kujya i Arusha kugira ngo aburanishwe.

Uyu wari umucuruzi ukomeye yavuye mu Rwanda mu 1994, hagati muri jenoside, ntiyagaruka. Hasigaye rero kureba niba abacamanza bazamuha itike yo gusubira mu Rwanda. Biteganyijwe ko ku itariki ya 25 Nzeri, bazateranira mu cyumba cy’urukiko bagafata umwanzuro. I New York, bivugwa ko Umuryango w’Abibumbye wo usaba ko iki kibazo cyavanwa mu nzira.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *