I?buranisha mu rubanza rwa FĂ©licien Kabuga uregwa ibyaha bya jenoside yo mu Rwanda ryakomeje kuri uyu wa gatatu, humva umutangabuhamya umushinja ko yari afite Interahamwe zo ku Kimironko mu Mujyi wa Kigali zari ize bwite. Uyu mutangabuhamya asanzwe afungiye jenoside mu Rwanda aho yakatiwe gufungwa imyaka 30, yatanze ubuhamya ari i Arusha muri Tanzania. Yahujwe mu buryo bw’amashusho n’inteko y’abacamanza bari mu rugereko rw’i La Haye mu Buholandi, rwasigaye ruca imanza zitarangijwe n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwa Arusha. U?mushinjacyaha Rupert Elderkin yatanze incamake y’ubuhamya bw’umugabo uvuga ko yahoze mu Nterahamwe mu mujyi wa Kigali no mu nkengero zawo. M?uri iyo ncamake, uyu mutangabuhamya avuga ko Kabuga yahaga ubufasha Interahamwe mu bikorwa byazo, kandi ko yari yarahaye Interahamwe aho gukorera mu nyubako ye yo ku Muhima. Y?avuze ko Interahamwe zo ku Kimironko zo zari zizwi nk’Interahamwe za Kabuga kuko zari nk’umutungo we bwite, zinarinda mu rugo iwe. Y?anavuze ku ikamyo yari itwaye amasasu (“ammunition”, nkuko byasemuwe mu rukiko), yakoreshejwe mu kwica Abatutsi muri za segiteri (imirenge y’ubu) zose z’i Kigali. I?yo kamyo ngo yari yanditseho KF, nk’impine y’amazina yombi ya Kabuga. Uruhande rwunganira Kabuga rwahase ibibazo uyu mutangabuhamya ku byo yashinje umukiliya warwo. Ni igikorwa cyaranzwe no kujya mu muhezo hirindwa ko umwirondoro w’umutangabuhanya wamenyekana. Urubanza rurakomeza kuri uyu wa Kane, abunganira uregwa nabwo bahata ibibazo ushinja Kabuga. Kabuga ashinjwa ibyaha bya jenoside ariko we kuva iburanisha ryatangira, yarabihakanye byose.


