Byibuze umuntu umwe yapfuye abandi barindwi barakomereka nyuma y’uko imodoka yo mu bwoko bwa Cybertruck ikorwa n’uruganda Tesla rwa Elon Musk iturikiye hanze ya hotel ya mushuti we Perezida wa Amerika watowe, Donald Trump, muri Las Vegas.
Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 01 Mutarama 2025, nibwo iyi Cybertruck yafashwe n’inkongi y’umuriro aho yari iparitse hanze ya hotel ya Perezida wa Amerika watowe, Donald Trump, iherereye mu Mujyi wa Las Vegas.
Polisi yavuze ko umuntu umwe yapfuye abandi benshi bakomereka muri iyo mpanuka nk’uko bitangazwa na Deutsche Welle.

Imodoka yaturitse bihambaye
Mu kiganiro n’abanyamakuru, Sheriff wa Las Vegas, Sheriff Kevin McMahill, yagize ati: “Imodoka yahagaze imbere y’umuryango wa hotel w’ikirahure mbere y “iturika rihambaye.”
McMahill yavuze ko muri iyo modoka harimo “umuntu umwe wapfuye”, mu gihe abantu barindwi bakomeretse byoroheje.

Yavuze ko abari muri hotel bahise bavanwamo.
Polisi yavuze ko barimo gukora iperereza kugira ngo bamenye icyateye iryo turika.
Amakuru y’ibitangazamakuru bimwe avuga ko abayobozi batari gushyira ku ruhande ko umuriro ushobora kuba watewe n’igikorwa cy’iterabwoba.


