Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burundi, à‰zéchiel Nibigira, yabwiye inama rusange y’umuryango w’abibumbye ko u Burundi bwiteguye neza amatora ya 2020, by’umwihariko ko hari abafite umugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi ariko ko byababiza icyuya.
Niyibigira yavuze ko u Burundi bugeze kure bwitegura ayo matora ngo azabe mu mahoro, ubwisanzure n’umucyo.
Mu ijambo rye ryamaze iminota 30, yamaze iminota irenga 20 avuga kuri politiki y’imbere mu Burundi.
Yavuze ko abashatse guhirika ubutegetsi mu 2015 umugambi wabo n’ubu ugihari ariko “bizabagora kuwugeraho”.
Avuga ko abagifite uwo mugambi bacumbikiwe mu bihugu atavuze amazina.
Nk’uko BBC ibitangaza, ngo yasabye inama ishinzwe umutekano ya ONU kuvana u Burundi muri gahunda zayo.
Inama ishinzwe umutekano iheruka guterana yiga ku Burundi, yemeza ko mu Burundi hari ibikorwa bibi ku burenganzira bwa muntu n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi.
Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu ya ONU iheruka gutangaza raporo y’abakoze iperereza bemeje ibyari byagarutsweho n’iyi nama ishinzwe umutekano ya ONU.
Iyi komisiyo muri raporo yayo yavuze ko ibyaha byibasira inyoko muntu biri gukorwa mu Burundi bishobora kubazwa Perezida Nkurunziza ubwe mu rwego rw’amategeko.
Abategetsi b’u Burundi bahakanye ibivugwa n’iyi miryango mpuzamahanga, bavuze ko iyo raporo ishingiye ku mvo za politiki.
Bwana Niyibigira yabwiye inama rusange ya ONU ko mu Burundi hari amahoro asesuye.
Yavuze ko leta iri gutera intambwe nziza igana ku bwisanzure mu gutanga ibitekerezo, ubw’itangazamakuru n’amadini.
à‰zéchiel Nibigira muri iyi nama, yari ahagarariye Perezida Petero Nkurunziza utarongeye kwitabira inama rusange y’umuryango w’abibumbye kuva mu 2011ndetse utakiva no mu gihugu kuva mu 2015, ubwo yari igiye gukorerwa coup d’Etat.


