Leta ya Mali yatesheje agaciro amasezerano y’igisirikare yagiranye n’u Bufaransa mu myaka 9 ishize

Sangiza iyi nkuru

Leta y’inzibacyuho ya Mali kuri uyu wa 2 Gicurasi 2022 yatangaje ko yatesheje agaciro amasezerano y’ubufatanye mu by’igisirikare iya Ibrahim Boubacar Keita wahiritswe ku butegetsi yari yaragiranye n’u Bufaransa mu myaka 9 ishize.

Nk’uko radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) yabitangaje, Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Mali, Abdoulaye Diop, yemeje ko iyi Leta yatesheje agaciro aya masezerano ndetse ibimenyesha iy’u Bufaransa.

Iyi Leta iyobowe na Colonel Assimi Goïta itesheje agaciro aya masezerano nyuma y’aho mu Kuboza 2022 yari yarasabye iy’u Bufaransa ko yavugururwa.

Muri Mutarama 2022 Minisitiri Diop ni bwo yabitangarije France 24, yongeraho ko Mali yatanze urutonde rw’ibigomba kuvugururwa muri aya masezerano.

Aya masezerano yasinywe mu rwego rwo kugira ngo ingabo z’u Bufaransa zifashe iza Mali mu rugamba rwo guhangana n’imitwe y’iterabwoba.

U Bufaransa ku ikubitiro bwohereje ingabo 4000, bigera aho bwagura ubutumwa bwo kugarura amahoro n’umutekano, bukwira mu karere ka Sahel kose.

Ay masezerano yasinywe bwa mbere muri Werurwe 2013, avugururwa tariki ya 16 Nyakanga 2014. Mali iyatesheje agaciro mu gihe umubano wayo n’u Bufaransa utameze neza, kuko buyishinja gukorana n’umutwe w’abacancuro wa Wagner ukomoka mu Burusiya, ndetse buyishyiraho igitutu ngo ihagarike gukorana ‘n’Abarusiya’.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *