Nyuma y’imurikwa ry’ubucukumbuzi bwahawe izina rya Congo Hold-up bwakozwe n’ibitangazamakuru bitandukanye bugaragaza uko Senateri Joseph Kabila n’abagize umuryango we baba barigwijeho imitungo y’igihugu akiri Perezida, Leta ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) igiye kubakoraho iperereza.
Iri cukumbura ryashyizwe ahabona mu cyumweru gishize, rivuga ko abagize umuryango wa Kabila bakiriye kuri konti zabo zo muri banki yitwa BGFI (Banque Gabonaise et Française Internationale) za miliyoni z’amadolari zaturutse mu kigega cy’imari ya Leta, nyuma baza kuzikuraho.
Ibi byose ngo byabaye mu gihe BGFI yayoborwaga na Francis Selemani (2012-2018) wareranywe na Joseph Kabila, mushiki w’uyu Senateri witwa Gloria Mteyu we akaba yari afite imigabani 40% mu ishami ry’iyi banki muri RDC.
Iri cukumbura ryashingiye ku bihamya n’ibimenyetso birimo inyandiko zirenga miliyoni eshatu ndetse n’amakuru ku bikorwa byo muri BGFI (bank transactions) bibarirwa muri za miliyoni.
Ubwo ryamaraga kujya hanze, tariki ya 20 Ugushyingo 2021, Minisitiri w’Ubutabera wa RDC, Rose Mutombo yahise yandikira Umushinjacyaha Mukuru amusaba gutangiza iperereza ku “inyerezwa ry’umutungo wa Leta rivugwa hagati y’Abanyekongo n’ibigo mpuzamahanga.”
Aya makuru dukesha Jeune Afrique yemejwe n’Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya wagize ati: “Minisitiri w’Ubutabera yandikiye ubushinjacyaha tariki ya 20 Ugushyingo, abusaba gukora iperereza kubera ko nka guverinoma ntabwo twaceceka kuri ibi birego. Ubwo igihe nikigera, ubutabera buzakora akazi kabwo. Abarebwa nabyo bazahamagarwa kugira ngo batange amakuru kuko ni ngombwa gutandukanya iperereza ry’itangazamakuru n’iry’ubutabera.”
Gusa n’ubwo Minisitiri Muyaya avuga ko ari iperereza ry’itangazamakuru, Umugenzuzi Mukuru w’imari muri RDC, Jules Alingete kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2021 yatangaje ko aya makuru yari ayafite, yongeraho ko yayamenyesheje guverinoma guhera muri Gicurasi, asaba ko Kabila n’umuryango we bakorwaho iperereza ariko ntibyakozwe.


