Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Christophe Lutundula, yashimangiye ko nta mishyikirano Leta izagirana na M23 kubera ko bamaze kwemeza ko ari umutwe w’iterabwoba.
Ni amagambo Minisitiri Lutundula yatangarije abanyamakuru mu kiganiro bagiranye kuri uyu wa 6 Kamena 2022 ubwo yari kumwe na Minisitiri ushinzwe itumanaho n’itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa guverinoma, Patrick Muyaya.
Iki kiganiro cyari cyerekeye uruzinduko Umwami Philippe w’u Bubiligi aragirira muri iki gihugu kuri uyu wa 7 Kamena 2022, gusa no kubaza ibyerekeye ubuzima bw’igihugu byari byemewe.
Yagize ati: “Kuri M23, ndizera ko inama y’umutekano yo ku rwego rwo hejuru yafashe icyemezo, bitangazwa na Minisitiri w’itumanaho n’itangazamakuru. Ni umutwe w’iterabwoba, nta mishyikirano igikenewe, birasobanutse.”
Uyu mukuru wa dipolomasi yavuze ko ku bw’iyi mpamvu, Leta ya RDC igomba kurwanya uyu mutwe. Ati: “Tugomba kuyirwanya kandi amasezerano y’amahoro, inzira y’imishyikirano y’i Nairobi yanzuye ko imitwe yitwaje intwaro itazinjiramo itazabona amahirwe yatanzwe n’Umukuru w’Igihugu. Ingabo z’umuryango [EAC] zizayirwanya, ziyirandure. Ntabwo turi kugirana imishyikirano na M23 kandi munyizere ni impamo, ni umwanzuro wafatiwe i Nairobi.”
Ahubwo ngo ibiganiro bizabaho, ni ibya hagati ya Leta ya RDC n’uwo ishinja gufasha M23. Yabivuze ati: “Ibiganiro biri kubaho uyu munsi ni iby’abafasha M23 kandi tugomba kwerekana ko bitemewe. […] Turi kuganira n’umuntu wagiye gutaburura M23, akayihindura virusi ishaka guhungabanya inzira ya Nairobi.”
Leta ya RDC yari yaratangiye ibiganiro n’imitwe yitwaje intwaro i Nairobi tariki ya 22 Mata 2022 ariko M23 yirukanwamo hashingiwe ku ibwiriza rya Perezida Félix Tshisekedi, ishinjwa kugaba bitero ku birindiro by’ingabo, n’ubwo yabihakanye, igasobanura ko ahubwo ari zo zayigabyeho igitero.
Ariko mu nama y’akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano yabereye i New York tariki ya 31 Gicurasi 2022, na Minisitiri Lutundula yitabiriye, abahagarariye ibihugu birimo Kenya, u Bufaransa, Ireland, u Bwongereza ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, basabye impande zombi kujya mu mishyikirano.
Ubusabe bw’ibi bihugu kandi bwashimangiye ubwatanzwe n’ibihugu byo muryango wa Afurika yunze ubumwe, AU, mu nama yabereye i Malabo muri Guinée Equatorial tariki ya 28 Gicurasi 2022. Iyi na yo Minisitiri Lutundula yayitabiriye mu izina rya Perezida Tshisekedi.



2 Responses
Leta ya RDC yashimangiye ko itazajya mu mishyikirano na M23, keretse uwo yemeza ko ayifasha
Urwanda igihe cose rwama rushigikiye imirwi y,iterabwoba kugirango ruronke ivyitso mubihugu bibanyi,umuti rero nuko atagihugu nakimwe cokwihenda kuganira niyo mirwi ,iyo nama ndabona Tchisekedi yayikuye Iburundi
Leta ya RDC yashimangiye ko itazajya mu mishyikirano na M23, keretse uwo yemeza ko ayifasha
Urwanda igihe cose rwama rushigikiye imirwi y,iterabwoba kugirango ruronke ivyitso mubihugu bibanyi,umuti rero nuko atagihugu nakimwe cokwihenda kuganira niyo mirwi ,iyo nama ndabona Tchisekedi yayikuye Iburundi