Abayobozi batandatu b’ama zone yo mu nkambi y’impunzi ya Nduta ya mbere muri Tanzania, bavanwe ku kazi, bahorwa kudakangurira impunzi z’abarundi bayoboraga gutaha iwabo.
Aba bayobozi bakuru birukanwe ku kazi n’abahagarariye Leta ya Tanzania muri iyi nkambi, ku wa Mbere w’iki cyumweru, abirukanwe bakaba ari abagabo batanu n’umugore umwe.
Amakuru agera kuri RPA, avuga ko izi mpunzi zitavuga rumwe na Leta y’u Burundi zihatirwa gutaha, aba bayobozi bavanwe ku kazi bakaba bari barahawe inshingano z’ubukangurambaga, bwo kumvisha bagenzi babo ko bagomba gusubira mu Burundi.
Umwe mu batangaje amakuru yagize ati “Hasomwa amategeko asobanura iyirukanwa ryabo, bashinjwe kuba abatavuga rumwe na Leta ya Bujumbura. Ntabwo bigeze buzuza inshingano basezeranye zo gushishikariza bagenzi babo gutaha.”
Izi mpunzi zitangaza ko atari ubwa mbere hafashwe ingamba nk’izi, mu ntangiriro z’ukwezi kwa Mbere ngo nabwo abayobozi ba zone mu nkambi ya Nduta ya Mbere, birukanwe ku kazi baranafungwa.
Izi mpunzi zitangaza ko zifite impungenge y’uko zakwirukanwa mu nkambi zigasimbuzwa izindi zemera gukorana na Leta ya Nkurunziza, zikaba zacyurwa ku ngufu.


