Libya: Abimukira barenga 500 barokowe urupfu

Sangiza iyi nkuru

Abasirikare ba Libya barinda inkombe z’amazi bararokoye abimukira 542 barimo abagore n’abana bagerageza kujya ku mugabane w’u Burayi baciye mu Nyanja nini ya Mediteranee.
Umuvugizi w’abasirikare bakorera mu mazi ba Libya, Gen Ayoub Kacem yavuze ko ibyo bikorwa byabaye ku wa mbere no ku wa kabiri , mu nkengero z’inyanja ahakunda guca ubwato butwaye abimukira bagana mu butaliyani nkuko VOA yabitangaje.
Igikorwa cya mbere cyatumye abantu 88 barokorwa, barimwo abagore 7 n’abana 6 ku nkengero z’umujyi wa Sabratah, nkuko Generali Kacem yakomeje abivuga.
Abandi, 164 bakomoka mu bihugu by’Abarabu na Afurika, barimo Abanyamisiri 19 Abanya-Maroc 6 n’Abanyatuniziya 2 barokowe mu Bursirazuba bw’umujyi wa Sabratah, ku birometero 70 mu burengerazuba bwa Tripoli.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ku nshuro ya gatatu, abimukira 290 bava muri Afurika barokorewe mu Burasirazuba wa Sidi Bilal, umujyi muto uri mu Burengerazuba bwa Tripoli.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ntakirutimana Deus/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *