Guverinoma y’ubumwe bwa Libiya yamaganye igitero cyagabwe ku rukiko bikabuza umuhungu wa Kadhafi, Saif al-Islam, gutanga ubujurire ku cyemezo cyo kutemererwa guhatana mu matora y’umukuru w’ogihugu azaba mu Kuboza.
Amatora ateganijwe ku ya 24 Ukuboza aje mu gihe Libiya ishaka guhindura page ku myaka icumi y’urugomo yakurikiye ihirikwa ku butegetsi rya Kadhafi, yanasizemo ubuzima, ryari rishyigikiwe na NATO mu 2011.
Ku wa gatatu, komisiyo ishinzwe amatora muri Libiya yatangaje ko yanze kandidatire y’umuhungu wa Kadhafi, Seif al-Islam Kadhafi , ivuga ko ashakishwa n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha kubera ibyaha by’intambara.
Seif al-Islam ari mu bantu 25 kuri 98 kandidatire zabo zanzwe mu guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu.
Abo kandidatire zabo zasubijwe inyuma bahawe amasaha 48 yo kujuririra iki cyemezo mu rukiko nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ikomeza ivuga.
Nk’uko byatangajwe na guverinoma mu itangazo yashyize ahagaragara ku wa Kane, “itsinda ry’abantu bitwaje intwaro” bagabye igitero ku rukiko mu mujyi wa Sebha mu majyepfo, bituma rufunga, hasigaye amasaha make ngo Seif al-Islam ajurire.
Guverinoma ikaba yategetse minisiteri y’umutekano n’iy’ubutabera gukora iperereza kuri icyo gitero.


