Kuri iki Cyumweru, itariki 25 Ukuboza abiyahuzi bagabye igitero muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Libya, mu murwa mukuru Tripoli bica abantu byibuze batatu barimo umukozi mukuru mu gitero cyigambwe n’umutwe wa Islamic State.
Abandi bantu bagera kuri 21 bakomerekeye muri iki gitero nk’uko byemezwa n’abayobozi.
Biravugwa ko imodoka yari itezemo igisasu yaturikiye hafi ya minisiteri, bigatuma abashinzwe umutekano birukankira kugera aho yaturikiye nk’uko byatangajwe n’umuvugizi w’umutwe udasanzwe wa gisirikare (Special Forces) Tarak al-Dawass.
Nyuma gato undi mwiyahuzi wari wambaye ikoti ritezemo igisasu yiturikirije muri etage ya kabiri muri iyi nyubako minisiteri ikoreramo, mu gihe undi yaje gupfa ubwo isakoshi nawe yari atwayemo igisasu yaturikaga nk’uko iyi nkuru dukesha Newsasia ikomeza ivuga.
Umwiyahuzi wa gatatu utari ufite intwaro yambaye ikoti ridatoborwa n’amasasu, we yaje kuraswa n’abashinzwe umutekano akiri hanze nk’uko Dawass yakomeje avuga. Byibuze abantu batatu nibo bapfuye mu gihe abandi bagera kuri 21 bakomeretse nk’uko byemezwa na minisiteri y’ubuzima.


